Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gutangiza Ikiciro Cya Gatatu Mu Mupira W’Amaguru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

U Rwanda Rugiye Gutangiza Ikiciro Cya Gatatu Mu Mupira W’Amaguru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2022 7:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
African American Boy in Junior Football Team Leading Ball on Grass Training Field. Youth Soccer Player Kicking Ball
SHARE

Umwe mu myanzuro y’Inteko rusange ya FERWAFA yaraye iteranye ni uw’uko mu mwaka utaha w’imikino bita season hazatangira ikiciro cya gatatu mu marushanwa y’umupira w’amaguru.

Abayobozi ba FERWAFA bavuga ko kiriya kiciro kizatangira mu rwego rwo gufasha abakiri bato kumenya gukina umupira w’amaguru bityo amakipe  makuru akabona ahantu akura abakinnyi bakiri bato.

Perezida wa FERWAFA witwa Olivier Nizeyimana Mugabo avuga ko iriya gahunda iri mu rwego rwo gufasha amakipe makuru kubona abakinnyi.

Yabwiye RBA ati: “Mu mwaka utaha  hazatangira ikiciro cya gatatu cy’umupira w’amaguru kandi bizafasha guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda. Tuzagira ikipe nke mu kiciro cya kabiri n’izindi nke mu kiciro cya mbere, ariko zifite aho zikura abakinnyi. Buri kiciro kizajya kizamura abakinnyi.”

Perezida wa FERWAFA asoza Inteko Rusange isanzwe y'uyu munsi yashimiye abanyamuryango ibitekerezo byubaka iterambere rirambye
rya ⚽⚽ abasaba gufatanya kandi abizeza ko we na Komite Nyobozi bazakomeza gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry'imyanzuro iba yafashwe. pic.twitter.com/Yr5dbLeKZw

— Rwanda FA (@FERWAFA) July 23, 2022

Yavuze ko biri mu gahunda yo gufasha mu iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda kugira ngo abana bazamukire muri uyu mukino bityo amakipe  makuru abona aho akura abakinnyi bakiri bato, ibyo yise pépinière.

Icyakora ushobora kuba ari umushinga w’igihe kirekire cyane kandi uzagorana.

Impamvu ni uko abakinnyi b’Abanyarwanda bakunze kugaragaza imbaraga nke  mu kibuga, bakananirwa vuba kandi akenshi ntibashobore guhangamura amakipe akomeye y’ibihugu by’amahanga mu marushanwa mpuzamahanga.

Iyi ishobora kuba ari yo mpamvu amakipe amwe n’amwe mu yandi akomeye mu Rwanda ahitamo kugura abakinnyi bo mu bindi bihugu.

Ayo ni Kiyovu Sports, Rayon Sports, Mukura Victory Sports et Loisirs n’ayandi.

APR FC yo yiyemeje gukomeza gukinisha abakinnyi b’Abanyarwanda ariko akenshi nayo iyo igeze mu marushanwa mpuzamahanga ntikunze kuhivana.

Ku rundi ruhande, kugira ngo impano z’abakinnyi b’Abanyarwanda zizamuke bizasaba ingengo y’imari iri hejuru,bisabe igihe kirekire bihagije kugira ngo abatozwa umupira w’amaguru bawumenye ndetse n’imikoranire ihamye hagati y’abafatanyabikorwa muri siporo nyarwanda muri rusange.

Ku rwego rwa Politiki, Minisitiri wa Siporo Madamu Aurore Munyangaju Mimosa yigeze kuvuga ko hari amafaranga Minisiteri ye yari yarasabye Guverinoma( ni ukuvuga Minisiteri y’imari n’igenamigambi) ngo azakoreshwe mu kuzamura impano mu mikino ariko ntiyayahabwa yose.

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju Mimosa

Muri Gicurasi, 2021, Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju yavuze ko Minisiteri ye yari yasabye Miliyari Frw 12  ngo azakoreshwe mu mwaka w’ingengo y’imari ya 2021/2022 ariko ihabwa Miliyari 3.2 Frw gusa.
Yavuze ko hari Miliyari imwe irenga bari barateganyije kuzashyira mu ‘mishinga yo kuzamura impano mu mikino’ ariko ko itazabonetse.

Icyo gihe yavuze ko muri ayo mafaranga harimo n’ayo kohereza abatoza 60 mu bigo 60 hirya no hino mu bigo by’amashuri kureba impano abana bafite mu mikino runaka.

Ngo intego yari ukureba abana b’abahanga hirya no hino kandi mu ngeri nyinshi z’imikino.

Kubera ko hari ikibazo cy’ingengo y’imari, byabaye ngombwa ko iyo mishinga n’iyindi yari yateganyijwe isubikwa.

Hagati aho aMinisitiri Munyangaju yavuze  ko  hari ahandi bashakiraga amafaranga harimo no kuyasaba Ikigo cy’Abafaransa gushinzwe iterambere mpuzamahanga kitwa Agence Française de Dévélopement (AFD).

TAGGED:featuredFERWAFAImikinoMinisitiriMunyangajuRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwahoze Ayobora Niger Yakiriwe Na Perezida Kagame
Next Article 50% By’Umusaruro Mbumbe W’Isi Bifitanye Isano N’Urusobe Rw’Ibinyabuzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?