Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Guca Agahigo Mu Kwihaza Ku Mbangukiragutabara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

U Rwanda Rurashaka Guca Agahigo Mu Kwihaza Ku Mbangukiragutabara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2024 7:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha abaturage kubona imbangukiragutabara zihagije, Guverinoma y’u Rwanda yaraye igejeje ku bitaro bitandukanye imbangukiragutara 114. Intego ni uko imbangukiragutabara imwe yajya iha serivisi abaturage 20,000 mu gihe intego ya OMS ari uko ifasha abantu 40,000.

Ziriya mbangukiragutabara 114 zaje ziyongera ku zindi 80 zahawe ibitaro muri Kamena, 2024 mu gikorwa cyabereye kuri BK Arena.

Perezida Paul Kagame niwe washyizeho gahunda y’uko imbangukiragutabara zigomba kuba zihagije ku mubare runaka w’abaturage.

Hagati aho hari izindi 40 Guverinoma y’u Rwanda iteganya guha ibindi bitaro mu gihe gito kiri imbere.

Muri rusange, izo mbangukiragutabara zose zifite ibyangombwa byose ngo zifashe umurwayi ukeneye kugezwa ku bitaro.

Zirimo ikoranabuhanga rihagije ryo gukora ako kazi.

Minisitiri w’ubuzima Dr.  Nsanzimana Sabin yabwiye itangazamakuru ko intego ya Leta y’u Rwanda ari uko abaturage babona imbangukiragutabara zihagije zishobora gutabara buri wese mu gihe ubuzima bwe buri mu kaga.

Avuga ko u Rwanda ruharanira kurenza intego yashyizweho n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, y’uko imbangukiragutabara imwe yajya iha serivisi abaturage bari hagati ya 40,000 na 45,000.

Intego y’u Rwanda, ku rundi ruhande, ni uko iyo mbangukiragutabara izafasha abaturage 20,000 ni ukuvuga ko ibyo u Rwanda rushaka kugera ho muri uyu mujyo biri hejuru y’intego za ririya shami ry’Umuryango w’Abibumbye.

Mu mbangukiragutabara zaraye zihawe ibitaro, harimo izifite ubushobozi bwo kwita ku barwayi barembye cyane zikabikora binyuze mu ikoranabuhanga rizirimo naho izisigaye zikaba ari izo kwita ku barwayi batarembye cyane.

Icyenda muri zo nizo zifite iryo koranabuhanga rihambaye ryo kwita kuri abo barwayi bafite ubuzima buri hagati y’urupfu n’umupfumu.

Itangazo rya Minisiteri y’ubuzima rigenewe abanyamakuru ryemeza ko iminota 15 ihagije ngo imbangukiragutabara yo mu Rwanda ibe igeze ku murwayi imugeze kwa muganga.

Uyu munsi hatanzwe ambulance nshya 114 zisanga izindi 80 zatanzwe mu kwezi kwa gatandatu. Ni Muri gahunda yo kongerera ubushobozi serivisi z’ubutabazi bwihuse mu Rwanda. pic.twitter.com/cL4c6XNQwJ

— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) August 9, 2024

Imbangukiragutabara yo mu Rwanda ihendutse igura hagati ya Miliyoni Frw 70 na Miliyoni Frw 80.

Ihenze yo igeza kuri miliyoni Frw 180 bitewe n’ikoranabuhanga riyirimo.

Ni imodoka zifite umuvuduko wa kilometero 80 ku isaha zikagira ikoranabuhanga ribuza ko umuntu wanyoye inzoga kuzitwara.

Zikoze mu buryo butanga amakuru ku byerekezo ziherereyemo hirindwa ko zakoreshwa ibyo zitagenewe.

Dr. Nsanzimana Sabin ushinzwe Minisiteri y’ubuzima yasabye abashoferi kwita kuri izi modoka z’ingirakamaro ku buzima bw’umurwayi, aboneraho no gusaba abandi bakoresha umuhanda kujya babererekera imbangukiragutabara zikageza abarwayi kwa muganga.

Avuga ko kutabikora ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi ko abatazubahiriza amabwiriza yo guha imbangukiragutabara inzira bazajya babihanirwa ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda.

Hari Imbangukiragutabara 180 u Rwanda Rwitegura Kwakira

TAGGED:AbarwayifeaturedIbitaroImbangukiragutabaraNsanzimamaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba Mukuru W’Ingabo Z’Ubushinwa Yasuye Iz’U Rwanda
Next Article Brazil: Indege Yari Irimo Abantu 61 Yasandaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?