Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Kwihaza Ku Barimu Bazi ‘Neza’ Icyongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rurashaka Kwihaza Ku Barimu Bazi ‘Neza’ Icyongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 July 2023 8:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi, REB, kivuga ko u Rwanda rufite gahunda ndende yo kugira abarimu bazi neza Icyongereza bikazarugabanyiza kuzana abarimu nk’abo bavuye imahanga.

Nk’ubu hari abarenga 154 bakomoka muri Zimbabwe ruharutse kuzana ngo barufashe kwigisha uru rurimi mashuri yisumbuye.

Mbere y’abo hari abandi bavaga muri Uganda.

Ubuyobozi bwa REB buvuga ko hari gikorwa ibishoboka mu kuzamura ubumenyi abarimu bafite mu Cyongereza kugira ngo mu gihe kitarambiranye  u Rwanda ruzabe rufite abarimu b’Abanyarwanda bazi neza Icyongereza bitabaye ngombwa ko rubatumiza mu mahanga.

Dr. Nelson Mbarushimana uyobora REB avuga ko kugira ngo biriya bizagerweho, ikigo ayobora kirimo kunoza no kongera imfashanyigisho y’Icyongereza kigishwa abarimu hongerwamo uburyo bw’amajwi kugira ngo bibafashe kwigisha abana kumenya gutega amatwi Icyongereza.

Dr. Nelson Mbarushimana uyobora REB

Yavuze hari n’amarushanwa yatangiye gukoreshwa mu banyeshuri kugira ngo barusheho kumenya neza Icyongereza bakiri bato kandi bazakure bagikoraho ubushakashatsi.

Ku ikubitiro byatangiriye mu mashuri nderabarezi bita Teacher Training Centers( TTC).

Umuyobozi wa rimwe mu mashuri  nderabarezi, TTC Rubengera witwa Yvès Murihira yashimye ko ariya marushanwa y’ururimo rw’Icyongereza azajya aba buri mwaka kandi ko  ari ingenzi cyanehaba ku ruhande rw’abarimu no ku ruhande rw’abanyeshuri.

Icyongereza cyatangiye kuba ururimi Abanyarwanda bigamo mu mwaka wa 2009.

Icyakora kuva icyo gihe kugeza ubu(2023) hari abarimu bakuze bataramenya neza Icyongereza k’uburyo bagitangamo amasomo.

Biganjemo abakuze, bakuriye mu myigire yakoreshaga Ikinyarwanda ndetse n’Igifaransa.

Ku isi yose, Icyongereza kivugwa n’abantu miliyari 1,3.

Twabibutsa ko isi ituwe n’abantu miliyari 7,8.

TAGGED:AbarimufeaturedIcyongerezaIgifaransaRwandaUgandaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuryango W’Abibumbye Wahembye Umugore Wa Perezida W’u Burundi
Next Article Nyanza: Abarimu Bakurikiranyweho Gukuriramo Inda Umukobwa W’Aho Bigisha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?