Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburundi Bwafunze Abanyarwanda Barenga 50
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Uburundi Bwafunze Abanyarwanda Barenga 50

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2024 9:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Uburundi bwanzuye gufunga imipaka yose yo ku butaka busangiye n’u Rwanda, hari amakuru avuga ko hari Abanyarwanda 38 bafungiye muri Komini Mugina n’abandi 12 bafungiye muri Komini Rugombo, mu Ntara ya Cibitoke iri mu Mujyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’Uburundi.

SOS Medias Burundi ivuga ko abafungiye muri Mugina ari Abanyarwanda bari bamaze igihe batuye mu Burundi.

Ikindi ni uko ku wa Kane no ku wa Gatanu w’iki Cyumweru kiri kirangira, hari Abanyarwanda 46 birukanywe mu Burundi.

Hari n’abandi bivugwa ko bafungiwe muri Komini Mabayi.

Amakuru avuga ko Imbonerakure ari zo ziri gufata no gufunga Abanyarwanda zikoranye n’abapolisi b’Uburundi.

Ibi bivuzwe nyuma y’uko Miinisitiri w’umutekano mu Burundi Martin Niteretse yari amaze iminsi mike atangaje ko nta Munyanyarwanda n’umwe bashaka ku butaka bw’Uburundi.

Martin Niteretse, Minisitiri w’umutekano mu Burundi

Niteretse yaboneyeho gusaba abayobozi ba Provinces zose gukora ibarura ry’abanyamahanga baba mu Burundi, hagasuzumwa niba bafite ibyangombwa bibemerera kuhaba.

Hagati aho, hari Abanyarwanda baherutse kubwira RBA ko bashushubikanyijwe bavanywe aho babaga mu Burundi bazanwa mu Rwanda nta kintu bazanye, bamwe bahawe imyambaro n’ababagiriye impuhwe.

Abo kandi bari mu byiciro bitandukanye by’imyaka y’ubukure.

U Rwanda ruherutse gusaba Uburundi kutazagirira nabi Abanyarwanda, ahubwo rukazabaha uburyo bwo gutaha iwabo mu mahoro.

Alain Mukuralinda yabwiye itangazamakuru ko Uburundi nibuhohotera Abanyarwanda buzabibazwa.

Alain Mukuralinda

Ku ruhande rwarwo, u Rwanda ruvuga ko nta Murundi ruzahohotera, ko Abarundi bafite ubwisanzure mu Rwanda, ko bakwiye kuryama bagasinzira.

TAGGED:AbanyarwandaBurundifeaturedImipakaMukuralinda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gicumbi: Inkuba Yakubitiye Abakinnyi Mu Kibuga, Babiri Bararembye
Next Article Inama Y’Umushyikirano 2024 Izibanda Cyane Ku Bumwe Bw’Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?