Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburusiya Bukomeje Gushushubikanya Ukraine 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Uburusiya Bukomeje Gushushubikanya Ukraine 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 August 2024 8:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare b’Uburusiya bakomeje gushushubikanya ingabo za Ukraine zari zarinjiye mu Burusiya ahitwa Kursk.

Ubu ingabo z’Uburusiya bivugwa ko ziri gusatira Intara ya Pokrovsk muri Ukraine.

Uyu mujyi ni ingenzi mu rwego rwa gisirikare kuko uhuza imihanda ikomeye ndetse n’inzira za gari ya moshi zikomeye zihuza ibice byo mu Burasirazuba bwa Ukraine.

Abantu bajora ubutegetsi bwa Ukraine bavuga ko igisirikare cy’iki gihugu cyakoze imibare mibi ubwo cyateraga Uburusiya.

Bavuga ko kuba iki gisirikare cyarateye Uburusiya byatumye gisiga umujyi ukomeye wa Pikrovsk udafite uburinzi namba none ugiye gufatwa n’Abarusiya.

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky avuga ko Pokrovsk nifatwa igice cyose cy’Uburasirazuba kizagwa mu biganza by’umwanzi.

Umujyi wa Pokrovsk uturanye n’uwa Myrnohrad, yombi ikaba yari ituwe n’abantu 100,000 ariko ubu usigayemo ngerere kuko abenshi bahunze.

Ikindi ni uko iyo mijyi ari yo yonyine isigaye itarafatwa n’Abarusiya mu Mijyi yose igize Intara ya Donetsk.

BBC yanditse ko iyo mijyi igiye gufatwa nyuma y’ifatwa ry’undi mujyi waguyemo abasirikare benshi ba Ukraine witwa Avdiivka, uyu ukaba warafashwe muri Gashyantare uyu mwaka.

Aho uyu mujyi ufatiwe n’Abarusiya byabaye igihombo gikomeye kuri Ukraine.

Ikindi ni uko abaturage ba Pokrovsk batangiye kuvanwa mu ngo barahungishwa ngo bahunge urupfu rubugarije.

Gen Syrskyi uyobora ingabo za Ukraine avuga ko izo ngabo ziri gukora uko zishoboye ngo zikumire ko iz’Uburusiya zafata kariya gace.

Ngo hari ibikoresho byamaze kwegeranywa ngo Ukraine izahangane n’Uburusiya.

Icyakora ngo Ukraine irarushywa n’ubusa kuko itazakoma imbere abasirikare 30,000 Uburusiya bwamaze gutegurira gufata Pokrovsk.

Hari n’inkeragutabara zamaze gutegurirwa urwo rugamba.

Ukraine kandi iherutse gutakaza umujyi wa Novohrodivka nawo ingabo z’Uburusiya zikaba zarasanze waratereranywe, ingabo zaragendeye.

Ejo hazaza ha Ukraine bivugwa ko hateye inkeke!

TAGGED:AbasirikareAbaturageBurusiyafeaturedIngaboUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Umuryango W’Amadini N’Amatorero Ufite Umuyobozi Mushya
Next Article Ku Kiyaga Cya Ruhondo Hagiye Kubakwa Umujyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?