Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uburyo Rusesabagina Afunzwemo I Mageragere Bwahinduwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Uburyo Rusesabagina Afunzwemo I Mageragere Bwahinduwe

Last updated: 06 June 2021 12:53 am
Share
Rusesabagina ari kuburanishwa n'inkiko z'u Rwanda
SHARE

Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa, RCS, rwatangaje ko ruheruka kwimura Paul Rusesabagina mu cyumba bwite yari afungiwemo, ashyirwa hamwe n’izindi mfungwa ndetse ubu afata amafunguro nk’ay’abandi.

Umuryango wa Rusesabagina kuri uyu wa Gatanu watangaje ko Leta y’u Rwanda yahagaritse kumuha amazi n’ibiribwa yabonaga mbere, ngo agatekereza ko ari uburyo bwo gushaka kumuhatira gusubira mu rubanza yivanyemo guhera ku wa 12 Werurwe.

Wakomeje uti “Uburyo afunzwemo bwarahindutse mu byumweru bibiri bishize. Yajyanywe ahantu hashya afunganywe n’abantu atazi, bishoboka ko bahari kugira ngo bajye bamutangaho amakuru kuri guverinoma.”

“Ubu ibiribwa, amazi, imiti, no kuvugana n’umuryango we kuri telefoni buri cyumweru birimo gukurwaho. Ikibazo gihangayikishije cyane ni uko umuganga leta yu Rwanda yatanze yamwandikiye amacupa atatu y’amazi ku munsi, none ntayahabwa.”

RCS ariko yasobanuye ko ifata imfungwa n’abagororwa mu buryo bumwe kandi ikita no ku bafite ibibazo bikeneye guhabwa umwihariko.

Yasobanuye ko icyemezo cyafashwe kuri Rusesabagina cyajyanye n’ikibazo yari yagaragaje.

Iti “Ku bijyanye na Paul Rusesabagina, yari yahawe icyumba n’amafunguro byihariye ubwo yoherezwaga muri Gereza ya Nyarugenge. Rusesabagina aheruka gushyirwa mu cyumba ahuriyemo n’izindi mfungwa n’abagororwa, ubwo yazamuraga ikibazo ko “afungiwe mu kato”, ibintu bitabaho muri gereza zo mu Rwanda.”

“Ubu ahabwa amafunguro amwe n’izindi mfungwa kandi abonana na muganga igihe ari ngombwa, kandi ni ko bisanzwe.”

in a shared room with several inmates when he complained of being kept in"solitary confinement", which does not exist in Rwanda's prisons. He is currently provided the same meals as the other inmates & has access to a medical doctor whenever required, as has always been the case.

— Rwanda Correctional Service (@RCS_Rwanda) June 5, 2021

Muri Kanama 2020 nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Rusesabagina. Aregwa ibyaha by’iterabwoba bifitanye isano n’umutwe wa MRCD/FLN yari abereye umuyobozi mu bya politiki.

Ni umutwe ushinjwa ko wagabye ibitero byishe baturage cyane cyane i Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru.

Inkuru wasoma: Rusesabagina Yivumbuye Mu Rukiko Atangaza Ko Urubanza Rwe Aruhagaritse

 

TAGGED:featuredFLNPaul RusesabaginaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karasira Aimable Akurikiranyweho Ikindi Cyaha Gishya
Next Article Jeannette Kagame Yahaye Impanuro Abarangije Muri Green Hills Academy
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?