Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushita Bw’lnkende Bwageze N’i Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbuzima

Ubushita Bw’lnkende Bwageze N’i Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 July 2024 10:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuzima mu Burundi ivuga ko hari abantu batatu bamaze kwandura ubushita bw’inkende mu Kirundi babwita ‘Urukushi”.

Ubu bushita bwaraye butangajwe ko bwageze no mu Rwanda, ku bantu babiri umwe w’imyaka 33 n’undi w’imyaka 34.

Abantu banduye iyo ndwara ku Burundi bahise bajyanwa mu bitaro bya Kaminuza bya Kamenge, mu bya gisirikare bya Kamenge no mu bitaro bya ISARE.

Ibipimo byabo bya mbere byari byarafashwe taliki 02, Nyakanga, 2024 bijyanwa mu isuzumiro ry’igihugu bita Le Laboratoire National de Référence.

Minisitiri w’ubuzima mu Burundi witwa Lydwine Baradahana avuga ko iriya ndwara ishobora kwica n’ubwo bwose idahitana benshi mubo yafashe.

Minisitiri w’ubuzima mu Burundi witwa
Lydwine Baradahana

Abo ihitana ni abatinze kwivuza kandi ibi si umwihariko wayo gusa kuko indwara zose ziba zishobora kwica iyo uwo zafashe yatinze kwivuza.

Umuyobozi mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, ushinzwe kurwanya ibyorezo, Dr. Rwagasore yaraye abwiye RBA ko abantu bayanduye mu Rwanda ari abari basanzwe bajya muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ubu bushita bwari bumaze iminsi buvugwa muri Goma ndetse mu mpera za Kamena, 2024 BBC yanditse ko iyo ndwara ari ikibazo gikomereye abatuye uyu mujyi kuko yandura cyane.

Mu kiganiro gito umukozi ushinzwe itumanaho muri Minisiteri y’ubuzima Julien Niyigabira yahaye Taarifa Rwanda, yavuze ko u Rwanda rusanganywe ingamba zikomatanyije zo kugenzura ko ntawarwinjiramo afite uburwayi bwakwanduza abandi.

Yavuze ko ubwo bwirinzi butareba indwara runaka ahubwo ari indwara zose.

RBC ivuga ko iriya ndwara yandurira mu gukora ku matembabuzi y’uwayanduye, mu mibonano mpuzabitsina, mu gusomana, gusuhuzanya no mu bundi buryo nk’ubwo.

Abo yafashe bagira ibiheri mu mayasha biryaryata kandi bifata mu myanya ndangagitsina, mu maso, mu biganza no mu maguru.

Umurwayi aba ababara umutwe, ababara mu ngingo, ahinda umuriro mwinshi; ibyo byose bikamutera amasazi.

Dr. Rwagasore avuga ko mu rwego rwo kwirinda iyo ndwara ari ngombwa kwirinda gukorana imibonano mpuzabitsina n’umuntu wese ufite ibyo bimenyetso kandi abantu bakongera kugira gukaraba intoki akamenyero.

TAGGED:BurundiDRCfeaturedMinisiteriRwandaUburwayiUbushita
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abitabiriye Gufungura Imikino Olimpiki Banyagiriwe Hanze
Next Article Umutoza Mukuru Ashima Ko Rayon Ikibitse Igikombe Yayihesheje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Beyoncé Yabaye Undi Muhanzi Ufite Miliyari $1

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kagame Yishimira Ko Inzego Z’Umutekano Z’u Rwanda Zihagaze Bwuma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Bunyoni Ararembye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?