Ubwo Yagarukaga Mu Rwanda, Perezida Kagame Yaciye Muri Senegal Asuhuza Perezida W’Aho

Perezida Kagame yaciye muri Senegal asuhuza Perezida w’iki gihugu akaba na Perezida w’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe witwa Macky Sall.

Kagame yari avuye mu ruzinduko yari amazemo iminsi mu bihugu bitandukanye birimo Congo-Brazzaville, Jamaica na Barbados.

Ntiharatangazwa ibyo yaganiriye na Macky Sall ariko bisanzwe bizwi ko ari inshuti y’u Rwanda ndetse aherutse no gutumira mugenzi we Paul Kagame ubwo hatahwaga Stade nshya ya Senegal yitiriwe umukambwe Abdoulaye Wade, uyu akaba yarategetse Senegal akaza gusimburwa na Sall.

- Advertisement -

Iriya Stade yatashywe taliki 22, Gashyantare, 2022.

U Rwanda na Senegal kandi biri mu bihugu by’Afurika biri hafi kubakwamo inganda zikora inkingo z’igituntu, malaria na COVID-19.

Ikindi gihugu biteganyijwe ko kizubakwamo uru ruganda ni Ghana.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version