Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwoko ‘bushya’ bwa COVID-19 buteye bute?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubwoko ‘bushya’ bwa COVID-19 buteye bute?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2020 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Tariki 14, Ukuboza, 2020 u Bwongereza bwamenyesheje Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi ko bwatewe n’icyorezo gishya cya COVID-19.

Bwavuze ko bwasanze cyandura vuba kurusha uko byari bisanzwe.

Ubwo bwoko bushya bwa COVID-19, abahanga mu kwiga imiterere ya za virus babwise SARS-CoV-2 VUI 202012/01 (Variant Under Investigation, year 2020, month 12, variant 01).  Bavuga ko byatewe n’icyo abahanga bita mutation.

Mutation ya virus ni iki?

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abiga ibinyabuzima bito cyane( biologie moléculaire) bazi ko za virus nazo ari ibinyabuzima bigira intimatima (DNA) igizwe n’uduce twinshi tugena imikorere yazo.

Hari ubwo rero kamwe muri utwo duce gahindura imiterere , bigahungabanya imikorere ya virus muri rusange ikaba yazamura ubukana. Ibyo nibyo abahanga bita mutation.

Tariki 13, Ukuboza, 2020 nibwo bavumbuye buriya bwandu bushya mu baturage 1108 mu bapimwe bose mu Bwongereza.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Borris Johnson yatangaje ko buriya bwoko bushya  bwandura inshuro 70% ugereranyije n’iyari isanzwe.

Ku rundi ruhande,  abahanga bavuga ko abantu batagombye guhahamuka kuko nta cyerekana ko iyadutse ariyo yica vuba kurusha iyari isanzwe.

- Advertisement -

Mu Burayi, hari Leta zafashe ingamba zo kubuza indege cyangwa gari ya moshi ziva mu Bwongereza kwinjira ku butaka bwazo.

Ububiligi, u Buholandi, Austria, u Butaliyani, u Bufaransa n’u Budage nibyo bihugu byamaze gufata kiriya cyemezo.

N’ubwo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Bwana Johnson yavuze ko ubwoko bwa COVID-19 bwadutse vuba aha bwandura cyane, yanashimangiye ko nta gihamya ishingiye kuri science igaragaza ko buhitana abantu benshi ugereranyije n’ababwanduye.

Icyo avuga cy’ingenzi kandi abantu bagomba guharanira kugera ho ni urukingo.

Abaganga b’abahanga mu byorezo babivugaho iki?

Moncef Slaoui ni umujyanama wa Guverinoma ya Amerika mu bya Science no gukora urukingo rwa COVID-19, avuga ko abahanga mu by’ibyorezo bari kwiga imihindagurikire ya COVID-19 ivugwa muri iyi minsi.

Barasuzuma niba kwihinduranya kwayo kutarabaye mbere ariko bo bagatinda kubibona, iyi ikaba ari yo mpamvu iri gukwirakwira mu Bwongereza kurusha ahandi.

Dr. Moncef avuga ko ikindi gikenewe muri iki gihe ari uko habanza kuba ubushakashatsi bukorewe ku nyamaswa, bukerekana ubukana bw’iriya virus yihinduranyije mbere y’uko hafatwa ibyemezo bikomeye birimo na Guma mu Rugo.

Ati: “Mu gihe ibintu bitarasobanuka neza nsanga abantu bagomba kwirinda gucikamo igikuba, kuko nta bimenyetso simusiga bishingiye kuri science turabona byerekana ko iyo coronavirus yadutse yica kurusha iyari isanzwe. Kwandura vuba no kwica vuba biratandukanye.”

Avuga ko kuba mu izina rya buriya bwoko bwa COVID-19 barimo imvugo ya gihanga bise ‘Variant Under Investigation’ bivuze ko ari ikintu bakigaho, bityo abantu bakwirinda guhubukira ibyemezo badafitiye amakuru ahagije.

Shekhar Mande, umuyobozi mukuru w’Inama y’abahanga bakora mu bushakashatsi mu nganda, Council for Scientific and Industrial Research (CSIR) yo muri Afurika y’Epfo, avuga ko muri iki gihe ikintu abantu bakeneye kurushaho ari ukubona urukingo kandi ko abantu batagombye gukuka umutima.

Avuga ko n’ubwo bigaragara ko ubwoko bushya bwa COVID-19 biswe N501Y bwandura cyane ugereranyije n’uko byari bisanzwe ariko bitavuze ko abantu bazicwa nabwo ugereranyije n’uko byari bisanzwe.

Ati: “Ikigaragara ni uko ubudahangarwa bw’imibiri ya bantu aribwo buzakomeza kugena uko iki cyorezo kibazahaza kandi icy’ingenzi kuri njye ni uko abantu babona urukingo. Nta mpamvu yo gicikamo igikuba.”

Naho Vivek Murthy, umuganga bwite wa Perezida wa Amerika watowe, Joe Biden, we avuga ko ubwoko bushya bwa COVID-19 buvugwa mu Bwongereza bukigwaho, ko abantu baba baretse guhahamuka kuko nta gihamya cya science kiragaragaza ko bwica benshi ugereranyije n’ababwanduye.

Ati: “ Amakuru dufite kandi yemejwe ni uko koko kiriya cyorezo cyafashe indi sura yo kwanduza abantu benshi ariko nanone nta bushakashatsi abahanga baremeranyaho bwemeza ko kica benshi mu bacyanduye.”

Harsh Vardhan n’umuganga w’Umuhinde, akaba ari Umuyobozi mukuru w’Inama y’ubutegetsi ya WHO. Uyu mwanya awuriho guhera tariki 22, Kamena, 2020.

Harsh avuga ko kugeza ubu nta mpamvu yo gukuka umutima kubera ubwoko bushya bwa COVID-19 bivugwa ko bwanduza vuba.

Avuga ko Leta ziri maso, ziri gukurikiranira hafi ibya kiriya cyorezo  kandi ziteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo zikumire kandi zirwanye kiriya cyorezo.

Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda hari ibyo yibutsa…

Dr Daniel Ngamije, Minisitiri w’ubuzima mu Rwanda avuga ko icy’ingenzi kugeza ubu ari ugukurikiza amabwiria Guverinona y’u Rwanda yahaye abaturage kugira ngo bakomeze birinde kwandura no kwanduzanya kiriya cyorezo.

Anenga abantu bagifite imyifatire itiza umurindi ubwandu bwa COVID harimo guhoberana, gusuhuzanya abantu bahana umukono, guhurira ahantu abantu ari benshi ntibahane intera, kudakaraba intoki kenshi kandi neza, kutambara agapfukamunwa n’ibindi.

Dr Ngamije avuga ko bibabaje kubona abantu bambara agapfukamunwa neza ari uko babonye umupolisi.

Ati: “Igihe bibaye ngombwa ko abantu bahurira ahantu ari benshi, si byiza kuhatinda kandi haba ari ahantu hafite amadirishya abantu bakayafungura kugira ngo babone umwuka mwiza uhagije.”

Yasabye Abanyarwanda kwirinda ko hari uwaba intandaro yo kwanduza mugenzi we icyorezo cya COVID-19.

Mu kiganiro Perezida Kagame yahaye abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 21, Ukuboza, 2020 yavuze ko u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere by’Afurika bizabona urukingo rwa COVID-19 kubera ko rwagaragaje ubushake n’ubushobozi mu guhangana nayo.

Perezida Kagame yavuze ko ruzaboneka mu mezi ya mbere y’umwaka wa 2021.

TAGGED:BwongerezaCOVIDfeaturedIcyorezoJohnsonNgamijeUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Munyangaju yahaye Uganda igikombe cya CECAFA , u Rwanda rwatsinzwe kare
Next Article KCCA itewe mpaga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?