Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Abapolisi 98 Ba DRC Basubijwe Iwabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Uganda: Abapolisi 98 Ba DRC Basubijwe Iwabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 August 2024 3:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abapolisi bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Conogo baherutse gushya ubwoba bagahungira muri Uganda kubera amasasu ya M23 basubijwe iwabo.

Ni abantu 98 bahungiye muri kiriya gihugu mu minsi mike ishize ubwo M23 yarwanaga inkundura ngo ifate umujyi uri ahitwa Ishasha, hari taliki 04, Kanama, 2024.

Abapolisi 98 bo muri DRC babonye ko ibintu bikomeye bayabangira ingata bagana ahitwa Kanungu.

Ubwo bahungaga bari bari kumwe n’abaturage 42.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ingabo za Uganda binyuze mu muvugizi wa Diviziyo ya kabiri muri izi ngabo witwa Major Tabaro zivuga ko abapolisi ba DRC bahungiye muri Uganda bari bafite imbunda 41 n’udusanduku 55 twuzuye amasasu.

Bose hamwe ni ukuvuga abapolisi n’abaturage ba DRC basubijwe muri DRC baciye ku mupaka wa Mpondwe-Kasindi.

Ku rundi ruhande, yavuze ko atari ubwa mbere igihugu cye cyakiriye abashinzwe umutekano bo muri DRC bagihungiyeho kubera imirwano ihamaze iminsi.

Major Tabaro avuga ko ababahungiraho bose bafatwa neza hakurikijwe amategeko mpuzamahanga.

Abo bapolisi babanje gusurwa na Lt Col Jacob Apunia waje uyoboye intumwa za Leta ya DRC, akaba yari aje kureba imyirondoro yabo.

- Advertisement -

Kuva icyo gihe Uganda yakajije umutekano wayo cyane cyane ku mipaka kugira ngo hatagira abinjirira muri iyo nkubiri bakayihungabanya.

TAGGED:AbapolisiAbasirikareM23Uganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Baraburirwa Kudakoresha Vinѐgre Zakuwe Ku Isoko
Next Article Abemerewe Kwiyamamariza Kuba Senateri Batangajwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?