Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Minisitiri W’Ubutabera Mu Rwanda Abona Isano Hagati Y’Imiyoborere N’Umutekano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uko Minisitiri W’Ubutabera Mu Rwanda Abona Isano Hagati Y’Imiyoborere N’Umutekano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 July 2022 3:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr Emmanuel Ugirashebuja usanzwe ari Minisitiri w’ubutabera mu Rwanda avuga ko kugira ngo abatuye igihugu runaka babeho batekanye kandi bafite amajyambere, imwe mu nkingi ikomeye ituma bishoboka ari imiyoborere ibaha umutekano kandi itarenganya.

Yabivuze ubwo yatangizaga inama yaguye y’abapolisi bakuru mu bihugu bitandukanye by’Afurika bahuriye i Musanze mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, mu nama yitwa RNP Symposium 2022.

Minister @eugirashebuja1: Let me take this opportunity to profoundly commend the organizers of this symposium for having selected a theme of utmost importance that affords our generation of leaders the opportunity to reflect in a meaningful…. pic.twitter.com/OmEhzjpN3K

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) July 6, 2022

Ni inama yafunguwe n’Umuyobozi w’iri shuri witwa Commissioner of Police ( CP) Rafiki Mujiji wahaye ikaze abayitabiriye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Commissioner of Police ( CP) Rafiki Mujiji yabwiye abayitabiriye  ko ibiganiro nka biriya biba bigamije ko bamwe bigira ku bandi ubumenyi butandukanye bafite mu nzego z’imirimo yabo.

Ati: “Ibi biganiro bitegurwa buri mwaka n’abitabiriye amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru muri Polisi (Police Senior Command and Staff Course) kandi bigamije kwagura ubumenyi bw’umunyeshuri ndetse no gutuma agira ubushobozi mu gutekereza cyane ku masomo yize.”

Iriya nama yitabiriwe n’ abarimu ba Politiki, abakora politiki  n’abakora ibintu bitandukanye mu nzego nyinshi.

CP Mujiji avuga ko yizeye ko abazatanga ibiganiro bazabera abandi isoko y’ubumenyi ku bintu bitandukanye, bamwe bigire ku bandi  ubunararibonye bafite, imbogamizi ndetse n’intambwe ikurikiraho kugira ngo zicyemurwe.

CP Rafiki Mujiji

Iriya nama izigirwamo ibintu bitandukanye birimo uko amakimbirane avuka, uko akura, uko agera ubwo avamo imidugararo ndetse n’uburyo bushyize mu gaciro bwo kuyahosha.

- Advertisement -

Birumvikana ko hari n’andi masomo bazahabwa agenewe abakora mu nzego z’umutekano ku rwego rwo hejuru.

Ku ngingo yo guhosha amakimbirane, hari inama iherutse guhuza abagore bahagarariye abandi muri sosiyete sivile baganira ku ngingo y’uko uruhare rw’abagore mu guhosha amakimbirane ku isi rwagombye kurushaho kugaragara.

Umuyobozi w’Umuryango Rwanda Women’s Network Madamu Merry Balikungeri yavuze ko iyo abagore bahawe umwanya ugaragara mu gucyemura amakimbirane, bigirira akamaro abantu bose.

Abagore bari bahuriye muri iriya Nama basesenguriye hamwe umwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye witwa UNSCR 1325.

Watowe taliki 31, Ukwakira, 2000.

Ku byerekeye itangizwa ry’Inama iri guhuza abapolisi bakuru bo mu bihugu by’Afurika iri guteranira i Musanze, Minisitiri w’ubutabera Dr Emmanuel Ugirashebuja yavuze ko inama nk’iriya izarangira abayitabiriye bungutse ubumenyi buhagije bwazabafasha mu gucyemura ibibazo bahura nabyo mu kazi kabo ko gutanga ubutabera.

TAGGED:AbagoreAfurikafeaturedIshuriPolisiUgirashebuja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article The Ben Agiye Gutaramira Ab’i Kigali
Next Article Perezida Kagame Yageze Muri Angola Mu Nama Iri Bumuhuze Na Tshisekedi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

Buri Karere Kazashyirwamo Ikigo Cya TVET Cy’Ikitegererezo

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?