Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2025 10:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Meya Kayitare Jaqueline. Ifoto: Kigali Today.
SHARE

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, asanga kugira ngo ibibazo biri mu ngo bikemuke, ari ngombwa ko abawugize birinda kwitana bamwana.

Kuri we, kwitana bamwana bituma hataboneka igisubizo gishingiye ku biganiro by’abagize umuryango ngo barebere hamwe uko ibintu byahoze ari byiza mu muryango byaje kuba bibi.

Yasabye abagore kwirinda guhora bashinja abagabo ngo nibo babakururira ibibazo ahubwo abasaba kujya nabo bisuzuma bakareba niba atari bo batumye abagabo babo baba abandi bandi.

Ati: “Abagore turataka tuvuga ko umuryango ufite ibibazo ariko dukwiye kwibaza igihe byatangiriye, icyabaye ngo uwari umuryango mwiza ube mubi, tukibaza inkomoko y’ibintu biri kuba muri iki gihe bikabangamira umugore cyangwa umukobwa. Ese ntiwasanga hari ibyirengagijwe, abantu bakarangara ntihagire igikorwa none ubu tukaba turi twisanga mu maganya?”

Asanga abantu bakora amakosa yo kuticarana ngo batuze barebere hamwe uko ibibazo byatangiye, aho bigeze n’aho bahera babikemura, ahubwo bakitana bamwana, ikintu kuri we kitubaka.

Abagore bati: ‘ Abagabo nibo badohotse ku nshingano, abagore nabo bakabivuga batyo, ugasanga nta kindi bifashije kitari gutuma umubano ujya irudubi.’

Hejuru yabyo, hiyongeraho ko ababyeyi nabo bavuga ko abana babo ari bo basigaye barigize ibihararumbo, intakoreka, inshinzi n’andi mazina yerekana ko bigize ibyigenge.

Meya Kayitare Jaqueline avuga ko kugira ngo iyo ‘zunguruka’ ihagarare, igikwiye ari uko abashakanye bicara bagacoca ibintu, bakibukiranya ibyiza byarangaga kuzuzanya kwabo.

Aho gutekereza ko buri wese ari we ubuza undi amahwemo, asanga icyaruta ari uko umugabo n’umugore barebera hamwe uruhare rwa buri umwe mu gusubiza ibibazo byugarije umuryango wabo.

Ikiganiro yabivugiyemo ibyo byose cyari kigenewe abagore n’abagabo bari baje mu gikorwa cyo kwishimira uruhare Umuryango mpuzamahanga witwa Soroptimist wita ku iterambere ry’umugore mu Rwanda no ku isi muri rusange ugira mu majyambere y’abagore b’i Muhanga.

Kuva batangira kuhakorera, bamaze gufasha abakobwa 300 babyariye iwabo kwiteza imbere, abenshi basubira mu mashuri, kwihangira imirimo no gukira ihungabana.

Soroptimist International ni mpuzamahanga, ikaba yarashinzwe mu mwaka wa 1921, kugeza ubu igizwe n’abagore 66,000 bo mu bihugu 118.

Mu gukomeza ingingo ze, Meya Jacqueline Kayitare yagize ati: “Iyaba abagore twese twatekerezaga gutyo, tugashyigikira bagenzi bacu twarushaho kuzamura iterambere ry’umuryango, ariko ntituzabigeraho ahubwo twikitana bamwana ngo aha abagore byarananiranye, abagabo byarananiranye, abana barananiranye. Ibyo byatuma tutamenya uruhare rwa buri wese muri iryo terambere”.

Umuyobozi wa Soroptimist-Rwanda witwa Marceline Mukasekuru yabwiye bagenzi bacu ba Kigali Today ko binyuze mu bukangurambaga, abana bataye amashuri bayasubiyemo biganjemo abakobwa babyariye iwabo.

Abakobwa 251 nibo basubiye ku mashuri asanzwe, abandi batangira kwiga imyuga ku buryo hari n’abiyemeje kujya gutwara abagenzi ku magare iyo za Musanze.

Mukasekuru ati: “Dufite abo dukwiye kuba tureberaho mu bayobozi. Mu Ntara y’Amajyepfo Guverineri ni umugore, Meya wa Muhanga ni umugore, mu bayobozi bakuru b’igihugu harimo abagore kandi bashoboye. Izo ni ingero zivugira ko dufatanyije twateza imbere igihugu cyacu n’imiryango yacu”.

Abibumbiye muri Soroptimist-Rwanda bavuga ko bazarushaho gukora ubukangurambaga bwinjiza abagabo mu gushyigikira abagore, n’abagore bagashyigikira abagabo mu gushakira hamwe umuti w’ibibazo byugarije umuryango.

TAGGED:AbagaboAbagoreAbashakanyeMeyaMuhangaUmubanoUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma
Next Article Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?