Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuturage Wo Mu Ruhango Yasanze Grenade Hafi Y’Iwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuturage Wo Mu Ruhango Yasanze Grenade Hafi Y’Iwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2022 7:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango umuturage yasanze hafi y’iwe hari ibisasu bibiri bya Grenades. Martin Habiyambere yasanze biriya bisasu hafi y’iwe ubwo yasiburaga umugende ngo amazi atazamusenyera.

Ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa ‘Grenade’  byasanzwe hafi y’urugo rw’umuturage bitera impungenge  abahatuye.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mwendo bwabwiye UMUSEKE ko amakuru y’ibyo bisasu yamenyekanye Taliki ya 06, Nzeri, 2022.

Byabereye mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo, Muhire Floribert avuga  bashyira ikimenyetso  aho ibyo bisasu biri, bashyiraho n’uburinzi banga hari uwabikubaganya bikamuhitana.

Ati:“Twiyambaje abasirikare bo muri Engineering brigade kugira ngo  babitegure.”

Abasirikare bo kubitegura bitaganyijwe ko bari buhagere kuri uyu wa Kane Taliki 08, Nzeri, 2022.

Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko ibi bisasu ‘bishobora kuba’ byarahatawe n’Interahamwe zari zije kwica no gusahura imitungo y’abaturage mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakazitesha.

Kamonyi n’aho hari uwo yigeze gukomeretsa…

Taliki 15, Mata, 2021 mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi n’aho umusore w’imyaka 18 yakinishije grenade atabizi iramuturikana.

Ku bw’amahirwe yaramukomerekeje gusa ariko ntiyamuhitana.

Bivugwa ko uwo musore yuriye inzu y’iwabo agiye gusana ahantu hangiritse aho itegura ryari ryaravuyemo, bityo mu gihe cy’imvura bakavirwa.

Ubwo yari ageze hejuru yayo yabonye akagozi kaziritseho akantu k’akuma aragafata arakamanukana.

Ubwo yari arimo kugakinisha, mushiki we n’umubyeyi we baramubujije undi asa n’ubimye amatwi, bidatinze ka  kuma katangiye gucumba umwotsi karaturika.

Ako kuma yari grenade ariko batabizi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacurabwenge, Nyirandayisabye Christine yavuze ko uriya musore yahise ajya kujugunya ako kuma akikajugunya hafi n’igiti cya avoka gahita gaturika ari nabwo ubuyobozi bwahageraga busanga ni grenade yabaga mu gisenge cy’iyo nzu.

Nyirandayisabye yavuze ko bagize amahirwe kuko n’ubundi hari n’ubwo iyo grenade yari kuzaturikira mu nzu noneho igaturikana abantu bose ndetse n’inzu igashya.

Aha niho yahereye asaba abaturage kujya bibuka gutanga amakuru igihe babonye ikintu kidasanzwe, batazi.

Uyu musore wakomeretse ku rutugu yahise ajyanwa kwa muganga.

TAGGED:AbaturagefeaturedGrenadeRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntabwo Afurika Yagombye Kuba Ishonje –Kagame
Next Article Abakozi Bo Mu Rugo Bafite Akamaro Ariko Ni Abo ‘Kwitondera’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kirehe – Polisi Yarashe Uherutse Kwica Umumotari Akamwambura Moto

U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Gitunganya Intanga Zo Gutera Ihene

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Rwanda: Mu Minsi Mikuru Abantu 92 Bafunzwe Bazira Gutwara Banyoye Inzoga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Amashereka: Ikinyobwa Cyaremwe Mu Rukundo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Trump Ntarashirwa…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Itegeko Ku Makosa Yo Mu Muhanda Riraremereye Cyane-Umunyamategeko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?