Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2025 1:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Antonio Guterres uyobora UN.
SHARE

Umuryango ushamikiye k’Umuryango w’Abibumbye witwa Food Security Phase Classification watangaje ko nta nzara nini ikiri muri Gaza, ukemeza ko ibintu biri gusubira mu buryo buhoro buhoro.

Ni amakuru meza mu gace kari kamaze imyaka ibiri kari mu ntambara ibica bigacika hagati ya Hamas na Israel

Iby’uko iyo nzara iri gukendera byanemejwe n’Umunyamabanga mukuru wa UN Antonio Guterres uvuga ko umuhati aamahanga yashyizeho nyuma y’isinywa ry’amasezerano yagizwemo uruhare na Amerika watanze umusaruro.

António Guterres yabwiye abanyamakuru ati: “ Inzara yaragabanutse bigaragara. Ubu hari abantu benshi babona icyo kurya kugira ngo baramuke.”

N’ubwo ari uko bimeze, hari Abanya Gaza Miliyoni 1.6 bahangayikishijwe no kubona icyo barya kandi abagera kuri 600,000 ni abana bafite hagati y’amezi atandatu n’amezi 59.

Ikindi ni uko abenshi muri bo bafite imibiri igaragaraho imirire mibi.

Raporo yatangarijwemo ibi, itanga umuburo ko intambara iramutse yubuye yatuma intera nziza yari imaze guterwa isubira inyuma bikomeye.

Abaturage ba Gaza basigaye barema amasoko, abafite imari bakayigurisha kandi abahinzi bagahinga imyaka yera mu bice bigaragaramo amazi n’ubuhehere bw’ikirere.

Ubuyobozi bwa Donald Trump bushimirwa ko bwatumye habaho agahenge katewe ahanini n’ihererekanya ry’imfungwa n’imirambo y’abantu bari baratwawe na buri ruhande.

Kuba abishimirwa ni byiza gusa hari impungenge z’uko bimwe mu bikubiye mu masezerano yatumye ibintu bigera aho biri, ari ibintu bidakomeye bishora kutazaramba.

Ibi ni ibyemezwa na Politico ivuga ko yabonye impapuro z’ariya masezerano igasoma igasanga harimo bimwe umuntu atakwizera ko bizaramba.

Ikindi bavuga ko gishobora kuzaba imbarutso y’andi mahane yatera intambara ni uko kuva aho ariya masezerano asinyiwe, hari ibitero Israel yakomeje kugaba haba muri Gaza haba no bindi bihugu yakurikiranagayo abayobozi ba Hamas harimo no muri Syria.

Muri raporo ivugwa aha handitswemo ko hakenewe amahoro arambye kugira ngo urwego amahoro amaze kugerwaho muri kiriya gice, arambe.

TAGGED:AbaturagefeaturedGazaIbiribwaInzaraUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunya Iraq Wahoze Ari Impunzi Yatorewe Kuyobora UNHCR
Next Article Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?