Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukiko Rw’Ikirenga Rugiye Kuyoborwa N’Uwayoboye Inkiko Gacaca
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Urukiko Rw’Ikirenga Rugiye Kuyoborwa N’Uwayoboye Inkiko Gacaca

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2024 5:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Domitille Munkantaganzwa
SHARE

Domitille Mukantaganzwa wigeze kuyobora Inkiko Gacaca ku rwego rw’igihugu akabikora neza, yagiriwe icyizere cyo kuyobora n’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda.

Yasimbuye Dr. Faustin Ntezilyayo nawe wagiye kuri uyu mwanya asimbuye Prof Sam Rugege.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame niwe wemeje ko Mukantaganzwa  ayobora Urukiko rw’Ikirenga.

Yari asanzwe ari umwe mu bagize Akanama nkemurampaka k’Umuryango Unity Club Intwararumuri.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mukantaganzwa azungirizwa na Hitiyaremye Alphonse yagizwe Visi Perezida w’uru rukiko.

Sena y’u Rwanda niyo ibanza kwemeza ko runaka azungirizwa na runaka mu kuyobora Urukiko rw’Ikirenga.

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ritegeka Perezida wa Repubulika kubanza kugisha inama Inama y’Abaminisitiri n’Inama Nkuru y’Ubucamanza mbere y’uko abo bantu bombi bashyirwa muri uriya mwanya.

Mukantaganzwa Domitilla yavutse ku ya 11 Ugushyingo 1964, avukira ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.

Mu mwaka wa 2019,  yagizwe Perezida wa Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe ivugururwa ry’amategeko.

- Advertisement -

Amashuri abanza yayize muri Ecole Primaire Kacyiru mu mwaka wa  1971, yakomereje muri Nôtre Dame de Lourdes de Byimana mu Karere ka Ruhango k’ubu, ahiga icyiciro rusange (O’Level).

Nyuma yagiye muri Lycée Nôtre Dame De Citeaux ahakomereza icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye (A’Level) yiga ubukungu, kugeza mu mwaka wa 1983 ubwo yinjiraga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda.

Yahakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu by’amategeko.

Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’amahoro n’ububanyi n’amahanga yakuye mu kigo cy’ubushakashatsi bw’amahoro n’ububanyi n’amahanga (Institute of Peace Studies and International Relations (HIPSIR)  muri Kaminuza ya Hekima muri Kenya.

Yakurikiranye isomo ry’amategeko mu kigo cy’amategeko n’iterambere (Institute of Legal Practice and Development (ILPD) ahabona impamyabumenyi y’amategeko by’umwuga.

Mukantaganzwa yinjiye mu mirimo y’igihugu mu mwaka wa 1987 nka ’Assistant Bourgoumestre’ wa Komine ya Nyarugenge mbere yo kwinjira muri Minisiteri y’Ubuhinzi nk’umukozi ushinzwe kwiyandikisha (registration officer).

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yagizwe Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri ishinzwe imibereho myiza n’umurimo mbere gato yo kwinjira mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.

Mukantaganzwa ni umwe mu bari bagize komisiyo ishinzwe amategeko n’itegeko nshinga, yateguye Itegeko Nshinga ryo mu mwaka wa 2003.

Mu Ukwakira, 2003,  yabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Urwego rw’Igihugu rushinzwe Inkiko Gacaca kugeza mu  mwaka wa 2012.

 

TAGGED:featuredGacacaIkirengaItegekoMukantaganzwaNtezilyayoUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwanzuro W’Umusifuzi Wateje Rwaserera Yaguyemo Abantu 56
Next Article Ifu Irimo Agahuyu Ni Ikibazo Ku Mirire Y’Abanyeshuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?