Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ushinzwe Imiyoborere Myiza Mu Ntara y’Amajyepfo Yafunzwe Kubera Ruswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ushinzwe Imiyoborere Myiza Mu Ntara y’Amajyepfo Yafunzwe Kubera Ruswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2024 10:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki ya 21, Mutarama, 2024, nibwo RIB yafunze Kabera Vedaste, wari umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza mu Ntara y’Amajyepfo.

Akurikiranweho guha ruswa umugenzacyaha wakurikiranaga dosiye aregwamo n’ umugore we yo kumuhoza ku nkeke.

Iyo ruswa yayitanzenyuma y’uko yahamagajwe n’umugenzacyaha kugira ngo yisobanure ku byaha yaregwaga n’umugore we.

Amaze kubazwa yaratashye hanyuma yoherereza Umugenzacyaha amafaranga kuri telephone ye, aherekejwe n’ubutuma bumutumira ko bajya gusangira nawe nyuma y’akazi , bakaganira kuri dosiye ye.

Nyuma yaje gutabwa muri yombi.

Kabera Vedaste afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu Karere ka Muganga mu gihe dosiye ku byaha aregwa iri gutunganywa kugirango ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Ibyaha akekwaho birimo GUTANGA INDONKE, icyaha giteganwa N’INGINGO YA 4 y’itegeko ryerekeye kurwanya ruswa.

Igihano: Igifungo kirenze imyaka 5 ariko kitarenze 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

GUHOZA KU NKEKE UWO BASHYINGIRANYWE, icyaha giteganwa N’INGINGO YI 147 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Igihano: Igifungo kuva ku mwaka 1 ariko kitarenze imyaka 2.

GUKORESHA UMUTUNGO W’URUGO KU BURYO BW’UBURIGANYA, icyaha giteganwa N’INGINGO YI 150 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Igihano: Igifungo kuva ku mezi 3 ariko kitageze ku mezi 6.

GUSENYA CYANGWA KONONA INYUBAKO KU BUSHAKE UTARI NYIRAYO, icyaha giteganwa N’INGINGO YI 182 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Igihano: Igifungo kuva ku myaka 3 ariko kitarenze imyaka 5 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri 3,000,000 FRW ariko atarenze 5,000,000 FRW.

Ubugenzacyaha bukangurira abaturarwanda kwanga ruswa no kuyirwanya, ndetse no kujya batanga amakuru aho bayicyeka kuko igira ingaruka ku iterambere ry’igihugu.

Buvuga ko ruswa ari mbi kandi yangiza byinshi.

Bigomba kuba inshingano za buri muntu kuyirwanya.

TAGGED:featuredRIBRuswaUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibigo Bitwara Abagenzi Birishyuza Leta Miliyari 24 Frw
Next Article Bogota Labama Wanditse Amateka Muri Rayon Yagaruwe Muri ADDAX SC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?