Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ushinzwe Ububanyi N’Amahanga Bw’Ubufaransa Yakiriwe Na Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ushinzwe Ububanyi N’Amahanga Bw’Ubufaransa Yakiriwe Na Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2025 8:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean-Noël Barrot uyobora Ububanyi n’amahanga bw’Ubufaransa ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi yakiriwemo na Perezida Kagame.

Ubwo yageraga i Kanombe kuri uyu wa Kane tariki 30, Mutarama, 2025 yakiriwe na Ambasaderi w’igihugu cye mu Rwanda, Antoine Anfré.

Yari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Clémentine Mukeka.

Mbere yo kugera i Kigali yari yabanje muri DRC ahura na Perezida Félix Tshisekedi.

Nta makuru aramenyekana ku byo Barrot yaganiriye na Kagame, gusa nta gihe gishize Perezida Emmanuel Macron aganiriye na mugenzi we Kagame ku bibera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Aka karere karimo intambara ikomeye imaze iminsi ihanganishije ingabo z’iki gihugu na M23 kandi yafashe indi ntera kuko yaguyemo abasirikare bo mu mahanga barimo n’abo muri Afurika y’Epfo bagize ingabo za SADC.

Byakuruye umwuka mubi hagati y’iki gihugu n’u Rwanda gishinja gufasha M23.

Muri iki gihe ibihugu byinshi byahagurutse ngo birebe ko intambara yeruye itakwaduka mu Karere u Rwanda na DRC biherereyemo.

TAGGED:AmahangaBufaransafeaturedIntambaraKagameMacronRwandaUbubanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Trump Ati: “Ikibazo Cya Congo N’u Rwanda Kirakomeye”
Next Article APR Yegukanye Igikombe Cy’Intwari Biyigoye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?