Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Utwuma Dufasha Abana Kumva Tugiye Gutangwa Kuri Mutuelle
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Utwuma Dufasha Abana Kumva Tugiye Gutangwa Kuri Mutuelle

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2023 8:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije na UNICEF n’abandi bafatanyabikorwa mu mibereho myiza y’abana, igiye gutangiza ‘mutuelle’ yo kwishyurira abana bafite ubumuga bwo kutumva neza utwuma tubibafashamo.

Dr Nyirinkindi wo muri RBC yaraye abibwiye itangazamakuru nyuma yo gutangiriza iyi gahunda mu Karere ka Huye mu Bitaro bya Kabutare.

Avuga ko abana bato ari bo bakunze kugira ikibazo cyo kurwara amatwi bikaba byatuma apfa burundu cyangwa igice kimwe cy’ubushobozi bwayo mu kumva kigatakara.

Dr. Nyirinkindi avuga ko ubumuga bwo kutumva bubuza abana gukura neza

Iyo umwana agize amahirwe akavuzwa hakiri kare, ibitera ubwo bumuga birakumirwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abafite ubumuga bwo kutumva neza nibo bahabwa inyunganirangingo ibafasha kumva, iyo ari ibintu bigishoboka.

Ni akuma gafite ikoranabuhanga rikurura amajwi bitewe n’intera arimo kakayinjiza mu gutwi nyirako agashobora kumva.

Mu Rwanda ntituboneka henshi bityo tugahenda cyane kubera ko kamwe kagura miliyoni Frw 1 ni ukuvuga hafi amadolari($) 1000.

Gahunda yo gufasha abana kubona turiya twuma yiswe ‘Winsiga Ndumva’ izakorera mu Turere umunani, yite ku bana bafite hagati y’umwaka umwe n’imyaka 18 bagera ku 9,000.

Abaganga bateganya ko hari abana bagera ku 1,200 bazahabwa ziriya nyunganirangingo.

- Advertisement -

Wa muganga ukora  muri RBC mu ishami ry’indwara zitandura twavuze haruguru avuga ko u Rwanda rufitanye gahunda na UNICEF ndetse n’abandi bafatanyabikorwa barwo y’uko ziriya nyunganirangingo zizaboneka no mu bigo nderabuzima cyangwa ibitaro bito.

Ubusanzwe zabonekaga gusa mu bitaro bya za Kaminuza.

Abajyanama b’ubuzima bazagira uruhare mu gutoranya abana bazikwiye ndetse no mu kuzibaha.

Ni inyunganirangingo z’ingirakamaro kubera ko hari abana zafashije kuva mu bigo by’abafite ubumuga muri rusange, ubu bakaba bigana na bagenzi babo batabufite.

Icyakora ngo guha umwana kariya kuma ubwabyo ntibihagije kubera ko iyo atangiye kumva kandi atari abisanganywe, ahura n’ikibazo cyo kumva no kumenya neza gutandukanya amajwi yumva.

Burya umuntu aho ava akagera, avuga amajwi yumvise, bityo nyuma yo guhabwa turiya twuma, abana bazashyirirwaho n’uburyo bwo kwigishwa kuvuga kugira ngo bamenye gutandukanya amajwi bumvise bwa mbere no kuyahuza n’ibyo asobanuye.

Kutumva kw’abana bituma badindira no mikurire kubera ko badashobora gukina na bagenzi babo, ntibumve ubumenyi abakuru bafite ngo babukurane.

Umukozi muri UNICEF ushinzwe imirire n’imikurire y’abana witwa Julia Battle avuga ko basanze guha abana biriya bikoresho ari ukubafasha kuva mu bujiji no gukura neza, bakina na bagenzi babo bakabigiraho.

Julia avuga ko nyuma y’ubumuga bwo kutabona bwibasira abana, ubumuga bwa kabiri bugaragara ari ubwo kutumva no kutavuga.

Julia Battle

Ashima imikoranire hagati ya Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri RBC na UNICEF kuko ituma imibereho y’Abanyarwanda muri rusange n’iy’abana by’umwihariko, iba myiza.

Imibare itangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO, ivuga ko mu mwaka wa 2050 abantu bagera kuri miliyari 2.5 ku isi hose bazaba bafite ikibazo cyo kutumva namba cyangwa cyo kumva buhoro.

Bivuze ko umuntu umwe mu bantu 10 ku isi hose azaba afite iki kibazo.

Muri bo abagera kuri miliyoni 700 ntibazaba bumva na gato.

Impamvu abahanga batanga y’iki kibazo ni uko ‘ab’ubu’ bakunda kumva imiziki iremereye kandi bakabitangira bakiri bato, bikabicira amatwi.

Kugeza ubu 5% by’abatuye isi ( ni ukuvuga miliyoni 430) bakeneye gufashwa ngo bumve mu buryo bukwiye.

Bavuga ko kugira ngo ugutwi kube kumva neza, bisaba ko kumva byibura ibipimo 35 bya decibels (dB).

N’ubwo kutumva neza ari ikibazo henshi ku isi, mu bihugu bikennye ho gifite ubukana bwihariye!

Burihariye kubera ko ababituye batangira gupfa amatwi bakiri bato bitewe ahanini n’uburwayi bufata amatwi burimo n’ubwo Abanyarwanda bita ‘umuhaha’.

Ni uburwayi nabwo buterwa n’indyo ituzuye n’umwanda.

Abatuye ibi bihugu batangira gupfa amatwi hakiri kare, kandi bikazakomeza banakuze kubera ko akenshi abantu barengeje imyaka 60 y’amavuko batangira gutakaza ubushobozi bwo kumva neza.

Bivugwa ko 25% by’abo, batakaza ubwo bushobozi burundu.

TAGGED:AbanafeaturedInyunganirangingoLetaRBCUNICEF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imikoranire Mishya Y’U Rwanda N’Ubwongereza Yatumye Minisitiri Yegura
Next Article Kazungu Denis Ari Hafi Kuburana Mu Mizi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?