Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwafashije REG BBC Gutwara Shampiyona ‘Agiye’ Kuyigarukamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Uwafashije REG BBC Gutwara Shampiyona ‘Agiye’ Kuyigarukamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 January 2023 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Adonis Filer wafashije ikipe ya REG BBC kwegukana shampiyona y’umwaka ushize(2022), nyuma akajya gukinira Urunani BBC y’i Burundi agiye kuyigarukamo.

Ubwo REG BBC yakinaga muri Shampiyona ya 2022,  uriya mukinnyi yashimishije abakunda Basketball mu Rwanda cyane cyane ko ari wo mukino muri iki gihe usigaye uhuruza Abanyarwanda b’ingeri zose.

Abakinnye Shampiyona y’uyu mukino mu mwaka ushize bashimishije abayirebye kubera ubuhanga bagaragaje.

Adonis Filer ari muri bo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yafashije REG BBC kwegukana iyi shampiyona kubera ubuhanga bwe mu macenga no mu kuboneza imipira muri rucundura rwabigenewe.

Amaze kubona ko ayihesheje igikombe, yakomereje mu ikipe Urunani BBC yo mu Burundi.

N’aho yitwaye neza kuko yafashije bagenzi be kubona itike yo kwitabira BAL n’ubwo iyi kipe itegeze kure kuko yakuwemo na City Oilers yo muri Uganda.

Kugeza ubu amakuru avuga ko uriya mukinnyi mwiza wa Basketball azagaruka muri REG BBC.

Nibigenda nk’uko biteganyijwe,  azaba ari umwe mu bakinnyi b’ingenzi bazakinira iyi kipe mu mikino ya BAL izabera i Dakar muri Senegal mu mezi abiri ari imbere.

- Advertisement -

Ni Umunyarwanda wavukiye muri Amerika…

Adonis Jovon Filer ni Umunyarwanda wavukiye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika taliki 11, Nyakanga, 1993.

Yavukiye kandi akurira i Chicago.

Amashuri abanza yayigiye mu kigo kitwa Mount Carmel High School akomereza ku kindi kitwa Bishop Noll Institute muri Hammond muri Leta ya Indiana.

Bidatinze yakomereje mu ishuri ryitwa Notre Dame Preparatory School riri i Fitchburg muri Leta ya Massachusetts.

Yamaze igihe akinira ikipe ya Clemson Tigers aza gukomereza muri Florida Atlantic.

Mu mwaka wa 2017 nibwo yatangiye gukina by’umwuga nyuma yo gusinya mu ikipe yo muri Chypre yitwa Appolon Limassol.

Nyuma y’aho gato, ni ukuvuga mu mwaka wa 2018 ushyira uwa 2019, yasinye mu ikipe yo muri Bulgaria yitwa Beroe.

Yaje gukinira Patriots BBC na REG BBC  zo mu Rwanda.

Agiye kugaruka mu Rwanda avuye i Burundi mu ikipe yitwa Urunani BBC.

Iyo u Rwanda rufite imikino mpuzamahanga ya Basketball, Filer ahamagarwa mu kipe y’igihugu ya Basketball.

Ibipimo biheruka byerekana ko uyu musore areshya na metero 1,88 akaba apima ibilo 88.

TAGGED:BasketballBurundifeaturedREGUmukinnyiUmunyamerikaUmunyarwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwatozaga Bugesera FC Yagizwe Umutoza W’Ikipe Y’Igihugu Y’u Burundi
Next Article Icyamamare Cyo Muri Jamaica Demarco Yaje Gutaramira Ab’i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?