Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwafashije REG BBC Gutwara Shampiyona ‘Agiye’ Kuyigarukamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Uwafashije REG BBC Gutwara Shampiyona ‘Agiye’ Kuyigarukamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 January 2023 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Adonis Filer wafashije ikipe ya REG BBC kwegukana shampiyona y’umwaka ushize(2022), nyuma akajya gukinira Urunani BBC y’i Burundi agiye kuyigarukamo.

Ubwo REG BBC yakinaga muri Shampiyona ya 2022,  uriya mukinnyi yashimishije abakunda Basketball mu Rwanda cyane cyane ko ari wo mukino muri iki gihe usigaye uhuruza Abanyarwanda b’ingeri zose.

Abakinnye Shampiyona y’uyu mukino mu mwaka ushize bashimishije abayirebye kubera ubuhanga bagaragaje.

Adonis Filer ari muri bo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yafashije REG BBC kwegukana iyi shampiyona kubera ubuhanga bwe mu macenga no mu kuboneza imipira muri rucundura rwabigenewe.

Amaze kubona ko ayihesheje igikombe, yakomereje mu ikipe Urunani BBC yo mu Burundi.

N’aho yitwaye neza kuko yafashije bagenzi be kubona itike yo kwitabira BAL n’ubwo iyi kipe itegeze kure kuko yakuwemo na City Oilers yo muri Uganda.

Kugeza ubu amakuru avuga ko uriya mukinnyi mwiza wa Basketball azagaruka muri REG BBC.

Nibigenda nk’uko biteganyijwe,  azaba ari umwe mu bakinnyi b’ingenzi bazakinira iyi kipe mu mikino ya BAL izabera i Dakar muri Senegal mu mezi abiri ari imbere.

- Advertisement -

Ni Umunyarwanda wavukiye muri Amerika…

Adonis Jovon Filer ni Umunyarwanda wavukiye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika taliki 11, Nyakanga, 1993.

Yavukiye kandi akurira i Chicago.

Amashuri abanza yayigiye mu kigo kitwa Mount Carmel High School akomereza ku kindi kitwa Bishop Noll Institute muri Hammond muri Leta ya Indiana.

Bidatinze yakomereje mu ishuri ryitwa Notre Dame Preparatory School riri i Fitchburg muri Leta ya Massachusetts.

Yamaze igihe akinira ikipe ya Clemson Tigers aza gukomereza muri Florida Atlantic.

Mu mwaka wa 2017 nibwo yatangiye gukina by’umwuga nyuma yo gusinya mu ikipe yo muri Chypre yitwa Appolon Limassol.

Nyuma y’aho gato, ni ukuvuga mu mwaka wa 2018 ushyira uwa 2019, yasinye mu ikipe yo muri Bulgaria yitwa Beroe.

Yaje gukinira Patriots BBC na REG BBC  zo mu Rwanda.

Agiye kugaruka mu Rwanda avuye i Burundi mu ikipe yitwa Urunani BBC.

Iyo u Rwanda rufite imikino mpuzamahanga ya Basketball, Filer ahamagarwa mu kipe y’igihugu ya Basketball.

Ibipimo biheruka byerekana ko uyu musore areshya na metero 1,88 akaba apima ibilo 88.

TAGGED:BasketballBurundifeaturedREGUmukinnyiUmunyamerikaUmunyarwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwatozaga Bugesera FC Yagizwe Umutoza W’Ikipe Y’Igihugu Y’u Burundi
Next Article Icyamamare Cyo Muri Jamaica Demarco Yaje Gutaramira Ab’i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

BAL: Ikipe Ya Libya Yatsinze APR BBC Yari Imaze Igihe Yitwaye Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?