Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yagendanye Miliyoni Barayimunigana, Yabivanyemo Isomo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Yagendanye Miliyoni Barayimunigana, Yabivanyemo Isomo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2021 4:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo wo mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe avuga ko abantu babiri bamuniganye  Miliyoni 1.2 Frw yari ajyanye iwe ngo nibujya azigabana na bagenzi bo mu kibina barazimwambura.

Abavugwaho kumuniga bo barabihakana bakavuga ko bamutekeye umutwe, bamuha amafaranga macye we abaha ariya yose.

Uyu mugabo avuga ko yari avuya kubikuza amafaranga ngo azayagabane na bagenzi be mu kibina ageze ahantu hamwe muri Busanza, abasore babiri baramuniga barayamwambura.

Avuga ko icyo gihe yirinze kugira uwo abihingukiriza ahubwo yagiye yegera bamwe mu nshuti ze kugira ngo zimugurize amafaranga azabone icyo aha bagenzi be.

Ati: “ Sinigeze njya kurega kuko nabonaga nta gihamya ndi bubone, ahubwo nakoze uko nshoboye nshaka amafaranga kugira ngo mbone ayo mpa bagenzi banjye.”

Imbere y’itangazamakuru uriya mugabo yavuze yicuza kuba yaratwaye amafaranga mu buryo budatekanye, akemeza ko byamubereye isomo.

Abafashwe barimo umwe wigeze gufungwa undi akaba yarigeze kujyanwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa bose bahuriza ku ngingo y’uko batuburiye uriya mugabo akabaha ariya mafaranga yibwira ko ayo bamuhaye ari yo menshi.

Bavuga ko kugira ngo batuburire umuntu, bafata impapuro zisanzwe z’amakayi abana bigiramo bakazikata neza nk’inoti, barangiza bakazorosa inoti zisanzwe, ni ukuvuga imbere n’inyuma hanyuma babona umuntu uje ubaturutse imbere umwe muri bo akajugunya bya bipapuro bitwikirijwe inoti, undi akabaza uwo muntu niba adataye amafaranga, barangiza bakamwemeza ko hari ayo ataye nyuma ngo bikaza kurangira abahaye aye bakamuha ayo y’ibikwangari.

Umwe mu bafashwe uvuga ko bamuhimba izina rya Black anenga abantu bakurikirana ubutunzi k’uburyo bigera n’aho bemera ibintu ubusanzwe bitakwemerwa n’umuntu ushyira mu gaciro.

Ati: “Burya akabaye icwende ntikoga, hari bamwe bakunda amafaranga k’uburyo yemera no gutuburirwa. Ndabagira inama yo kujya bashishoza,  bakamenya ko ibishashagirana byose atari ko byera.”

RIB hari ukundi ibivuga…

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Dr Thierry B. Murangira avuga ko ibyo abakurikiranyweho kiriya cyaha bavuga by’uko icyo bakoze ari ugutubura atari byo ahubwo ari ukuniga umuntu.

Mu mategeko ngo babyita ‘ubwambuzi bukoresheje ikiboko’.

Dr Murangira yavuze ko kugira ngo bafate bariya basore byaturutse k’ugushyira mu bikorwa inshingo ya RIB yo gutahura ibyaha, nyuma bakababigenza.

Ati: “ Gutahura ibyaha nayo ni inshingano yacu. Twamenye iby’uko bariya bantu bibwe, dukora iperereza dufata aba bantu ariko dusigara dushaka n’uwibwe kugira ngo nawe tumusubize ibye.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko bidakwiye ko umuntu agendana amafaranga angana kuriya, ahubwo ko abantu bakangukira gukoresha gahunda za Leta zirimo gukoresha ikoranabuhanga mu kubika, kubitsa no guhererekanya amafaranga.

Ubugenzacyaha bwafashe bariya bagabo bamaze gukoreshaho amafaranga atageze ku Frw 150 000.

Abafashwe bafungiye kuri station ya Polisi ya Kicukiro mu gihe bagikorerwa idosiye.

TAGGED:AkarereAmafarangafeaturedKanombeKunigaMurangiraRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasobanuye Impamvu Ingendo Zijya Muri Afurika y’Amajyepfo Zahagaritswe
Next Article FPR-Inkotanyi Ishima Uburyo U Burusiya Buyobowe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?