Imibare itangwa n’ikigo Africa Centre for Disease Control and Prevention, Africa CDC, ivuga ko ahitwa Mongwalu na Rwampara muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo hamaze kugwa abantu 65 bazira Ebola. Hari abantu 246 bivugwa ko bayanduye, bakaba bari kwitabwaho n’inzego z’ubuzima.
Ubwandu bushya bw’iyi ndwara burakomeye kuko mu gihe kitageze ku mezi abiri, kimaze guhitana abantu 65.
Icyorezo gishya kandi gikomeye cya Ebola bivugwa ko kimaze guhitana Abanye-Congo barenga 65, mu gihe abandi 246 banduye muri Mongwalu na Rwampara.
Kuri uyu wa Gatanu nibwo Africa CDC yatangaje ko iri gutegura inama igomba guhuza inzego z’ubuzima za DRC, Uganda na Sudani y’Epfo ngo barebere hamwe iby’iyi ndwara n’uburyo yakumirwa inzira zikigendwa.
Hakurikijwe ibizamini byakozwe n’Ikigo cy’Ubushakashatsi ku Buzima cya Kinshasa, Institut National de Récherche Biomédicale, ubu hamaze gufatwa ibipimo 20 bijyanwa mu bigo by’ubushakashatsi ngo barebe uko byifashe.
Muri byo kandi bamaze gusanga harimo ibifite ubwandu bigera kuri 13.
Hagati aho, hari amakuru aturuka mu Murwa mukuru w’Intara ya Ituri ari wo Bunia avuga ko naho habonetse abarwayi b’iki cyorezo.
Gusa haracyategerejwe ibisubizo biboneye kuri iyo ndwara muri aka gace, bikazatangazwa bivanywe muri laboratwari.
Iki ni icyorezo cya 16 cya Ebola kigaragaye muri DRC mu myaka mike ishize, kandi mu mwaka wa 2024 iki cyorezo kishe abandi bantu batanu.
Kumenya Ebola
Nk’uko abahanga babivuga, ibimenyetso bya mbere bya Ebola birimo umuriro mwinshi, kubabara imikaya, gucika intege, kubabara umutwe no kubabara mu muhogo.
Baburira abantu ko kugeza ubu nta muti uvura Ebola uraboneka bityo kwirinda ikaba ari yo ntwaro nziza kurusha izindi.
Virusi itera Ebola igera mu bantu iturutse ku ducurama.
Mu myaka 50 ishize, Ebola imaze guhitana abantu barenga 50,000 mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

