Mu rwego rwo gutegura ikipe izakina imikino yo gukuranwamo bamwe bita ‘iya kamarampaka’, Patriots BBC yongereye mu bakinnyi bayo Umunyamerika witwa Obadiah Noel.
Obadiah Arthur Noel w’imyaka 27, yavukiye i Maryland muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba yarerekanye ubushobozi bwe muri uyu mukino mu mwaka wa 2024 ubwo yitabiraga imikino ya BAL( Basketball Africa League).
Mu mashuri yisumbuye y’ahitwa St John niho yatangiriye gukina uyu mukino ukundwa n’Abanyamerika benshi, nyuma aza kuwukomerreza mu ishuri ryisumbuye rya Tuscarora High School ari naho yigaragarije cyane byatumye yegukana Igikombe cy’umukinnyi mwiza w’umwaka.
Mu mwaka wa 2021 nibwo yatangiye gukina nk’uwabigize umwuga ariko amahirwe yo gukina Shampiyona ya Amerika NBA icyo gihe ntiyamusekeye.
Nyuma yagiye gukina muri NBA G-League, aho yakiniye Raptors 905 ishamikiye kuri Toronto Raptors yo muri NBA.
Mu 2022 yakiniye Westchester Knicks ishamikiye kuri ‘New York Knicks’ yo muri NBA, mbere y’uko ajya APR BBC yakiniye bwa mbere mu mwaka wa 2024 ubwo yari yitabiriye imikino ya BAL.
Patriots BBC izatangira imikino yo gukuranwamo ihura na REG BBC muri ½ mu mukino uteganyijwe ku wa 05, Kanama(8), 2026.

