FERWAFA yatangaje ko iri rushanwa rishaka igikombe kiruta ibindi, Super Cup 2026, rigiye kuzahatanirwa n’amakipe ane mu gihe hari hasanzwe hakina amakipe abiri.
Ane azagikina ni APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu Sports.
Ubutumire FERWAFA yageneye ayo makipe kuwa Kane italiki 30, Nyakanga(7), buvuga ko ku italiki 22, Kanama(8), 2026 ari bwo hazakinwa imikino ya ½, APR FC yatwaye shampiyona n’igikombe cy’Amahoro ikazakina na Kiyovu Sports yabaye iya gatatu muri shampiyona 2025-2026 mu mukino uzaba saa keenda z’igicamunsi.
Nyuma y’uwo mukino wa mbere wa 1/2 uzabera kuri Stade Amahoro, Saa Moya z’umugoroba kuri iyi stade, Rayon Sports yabaye iya kabiri muri shampiyona izakina na Police FC yabaye iya kane muri shampiyona.
Muri iyi mikino hazaba hari gushakwa izikina n’izaba yatsinze indi mu mukino wa mbere kugira ngo bahurire ku mukino wa nyuma.
Amakipe azagera ku mukino azawukina ku italiki 28, Kanama(8) 2026 saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri Stade Amahoro.
FERWAFA Super Cup yari isanzwe ikinwa n’ikipe yatwaye shampiyona igahuza itwaye Igikombe cy’Amahoro cyangwa igakina n’iyabaye iya kabiri muri shampiyona igihe yatwaye ibikombe byombi.

