Guverinoma ya Israel yatangaje ko yamaze kugeza kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika impungenge zayo ku masezerano ateganya ko umutwe wa Hamas wamburwa intwaro, izo mpungenge zituma habaho igihirahiro ku ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano aherutse gutangazwa na Perezida wa Amerika, Donald Trump.
Aya ni yo magambo ya mbere agaragaza ku mugaragaro uko ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, bibona ayo masezerano.
Umuvugizi w’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Doron Spielman, yabwiye NBC News ati: “Israel yamaze kugeza ku bayobozi ba Amerika ibitekerezo n’impungenge zayo ku mushinga w’aya masezerano. Inyandiko yashyizwe ahagaragara ntabwo igaragaza uko Israel ibibona.”
Ibi bibaye nyuma y’iminsi y’imirwano ikomeye mu Ntara ya Gaza, aho Minisiteri y’Ubuzima ya Palestine ivuga ko ibitero bya Israel byo mu mpera z’icyumweru gishize byahitanye abantu 26.
Ku Cyumweru honyine, abantu 19 bivugwa ko bishwe.
Igisirikare cya Israel cyo kivuga ko ibyo bitero byagabwe ku barwanyi ba Hamas no ku bikorwa remezo byifashishwaga n’uwo mutwe.
Israel ishimangira ko Hamas igomba kubanza kwamburwa intwaro burundu
Spielman yavuze ko intambwe ya mbere idashobora gusimbuzwa kugira ngo haboneke amahoro arambye ari uko Hamas yemera kwamburwa intwaro mu buryo bugaragara, bushobora kugenzurwa kandi budashobora gusubirwaho.
Yagize ati: “Kwambura Hamas intwaro bisobanuye ko uwo mutwe uzishyikiriza abo bireba ku bushake kandi ukareka burundu ibikorwa bya gisirikare.”
Ku ruhande rwa Hamas, yatangaje ko yemera gahunda yo kwamburwa intwaro ariko ishyiraho ibisabwa birimo ko Israel ibanza gukura ingabo zayo muri Gaza ndetse ikareka burundu ibikorwa byose bya gisirikare.
Spielman yongeye kuvuga ko, nk’uko inzego z’ubutasi za Israel zibivuga, mu mezi umunani ashize Hamas yakoresheje igihe cy’agahenge mu mirwano yongera kwiyubaka, ikusanya izindi ntwaro, yinjiza abarwanyi bashya ibihumbi kandi yongera kubaka ibikorwaremezo bya gisirikare, yitegura ibindi bitero nk’ibyabaye ku wa 7 Ukwakira(10) 2023.
Ibiro bya Perezida wa Amerika ntibyahise bitanga igisubizo ku byatangajwe na Israel.
Ku wa Gatanu ushize, Perezida Donald Trump yari yatangaje ko yumvikanye na Israel kuri ayo masezerano, ndetse avuga ko Israel “iyishimiye cyane.”
Kwamamaza ayo masezerano byari byatanze icyizere ko hashobora kuboneka intambwe nshya mu rugendo rugamije kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza.
Ariko abasesenguzi b’ibibazo byo mu Burasirazuba bwo Hagati babwiye NBC News ko ayo masezerano atazahita ahindura ibintu ako kanya, kuko hakiri inzitizi nyinshi, kandi impande zombi zigaragara nk’izitihutira kuyashyira mu bikorwa cyangwa kuyashyiraho umukono ku mugaragaro.
Imirwano iracyakomeje muri Gaza
Nubwo hari agahenge kari karatangajwe, ibitero bya Israel byarakomeje.
Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza yatangaje ko mu masaha 24 ashize hapfuye abantu 19 abandi 35 barakomereka.
Umunsi wabanje, yari yatangaje ko abandi bantu barindwi bishwe, bituma umubare w’abahitanywe n’ibitero byo mu mpera z’icyumweru ugera nibura kuri 26.
Umuyobozi wa Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza, Dr. Muneer al-Bursh, yavuze ko umubare w’abapfa ukomeje kwiyongera buri saha kubera ibitero bikomeje kugabwa ku ngo z’abaturage no ku binyabiziga.
Ati: “Ibitaro biri guhura n’umutwaro ukomeye w’abarwayi mu gihe ibikoresho byo kuvura bikomeje kuba bike cyane.”
Nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ya Palestine ibitangaza, kuva Israel yatangira ibikorwa bya gisirikare muri Gaza nyuma y’igitero cya Hamas cyo ku wa 7 Ukwakira 2023, abantu barenga 73.300 bamaze kuhasiga ubuzima.
Icyo gitero cya Hamas cyahitanye abantu bagera ku 1.200, benshi muri bo ari abasivili, ndetse abandi 251 barashimutwa.
Kuva agahenge hagati ya Israel na Hamas katangira mu Kwakira umwaka ushize, iyo Minisiteri ivuga ko abantu barenga 1.200 bamaze kwicirwa muri Gaza.
Ibiro ntaramakuru Reuters na byo bitangaza ko kuva ako gahenge katangira, nibura abasirikare bane ba Israel bamaze kugwa muri Gaza.
Mu itangazo ryasohowe ku Cyumweru, igisirikare cya Israel cyatangaje ko mu minsi ishize cyishe abarwanyi benshi ba Hamas n’abo bafatanyaga, barimo umwe mu bayobozi b’uwo mutwe kivuga ko yinjiriye muri kimwe mu bice bya Israel (kibbutz) mu gitero cyo ku wa 7 Ukwakira 2023.
Ku wa Gatandatu kandi, cyatangaje ko cyagabye ibitero mu bice bitandukanye bya Gaza, gisenya ububiko butanu bw’intwaro bwavuze ko bwakoreshwaga na Hamas.

