Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ababyeyi B’i Musanze Bakurikiranyweho Kwica Umwana WABO
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Ababyeyi B’i Musanze Bakurikiranyweho Kwica Umwana WABO

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2024 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Gataraga mu Kagari ka Rungu haravugwa inkuru y’ababyeyi  bakurikiranyweho gukubita umwana wabo agapfa. Bivugwa ko bamukubise bamuziza guta Frw 10,000.

Rwagati mu Cyumweru gishize, nibwo byatangoiye guhwihwiswa hari ku wa Gatatu taliki 29, Mutarama, 2024.

Icyo gihe ababyeyi b’uwo mwana bamusanze ku ishuri bavuga ko yabibye.

Umwana akibona ko batungutse, yahise yiruka, arabahunga gusa Se amwirukaho aramufata amujyana mu rugo, atangira kumukubita afatanyije na Nyina.

Kare mu gitondo bucyeye bw’aho abo babyeyi bazindutse bakoma akaruru batabaza ngo umwana wabo ‘yapfuye’ kandi ntibazi icyamwishe.

Polisi yahise ibata muri yombi ibashyikiriza Sitasiyo ya RIB ya Busogo mu gihe iperereza rigikomeje.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE bakorera i Musanze ko abo babyeyi bombi bafunzwe bakurikiranyweho gukubita umwana wabo bikamuviramo urupfu.

Ati: “Nibyo koko abo babyeyi barafunzwe bari gukorwaho ipereraza k’urupfu rw’umwana wabo kuko bikekwa ko aribo bamukubise bikamuviramo urupfu.”

Se w’uwo mwana afite imyaka 28 y’amavuko, Nyina akagira  imyaka 27 y’amavuko.

TAGGED:GukubitaMusanzePolisiUmwanaUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yakiriye Ndayishimiye Amwizeza Kumuba Hafi
Next Article Papa Arasaba Ko Ababikira 6 Bashimutiwe Muri Haïti Barekurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?