Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Ibihumbi 50 bagiye Guhabwa Urukingo Rwa Pfizer
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abanyarwanda Ibihumbi 50 bagiye Guhabwa Urukingo Rwa Pfizer

admin
Last updated: 07 June 2021 6:38 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko inkingo 50.300 za Pfizer zagejejwe ku bigo nderabuzima n’ibitaro bya Leta hirya no hino mu Rwanda, zikazatangira guhabwa abantu batandukanye kuri uyu wa Kabiri.

Minisiteri y’Ubuzima iheruka gutangaza ko u Rwanda rwakiriye inkingo 100.600 za Pfizer, binyuze muri gahunda mpuzamahanga igamije gukwirakwiza inkingo za COVID-19, COVAX.

Kuri uyu wa Mbere Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, cyatangaje ko igice cya ziriya nkingo cyamaze kugezwa mu bice bitandukanye by’igihugu.

Kiti “Gukingira COVID-19 icyiciro gishya biratangira ku wa kabiri tariki ya 08.06.2021 hakingirwa abafite nibura imyaka 75. Abandi bazagenda bagerwaho hibandwa ku bakuze.”

Izindi nkingo 50,300 za Pfizer zagejejwe ku bigo nderabuzima n’ibitaro bya Leta hirya no hino mu #Rwanda. Gukingira #COVID19 icyiciro gishya biratangira ku wa kabiri tariki ya 08.06.2021 hakingirwa abafite nibura imyaka 75. Abandi bazagenda bagerwaho hibandwa ku bakuze pic.twitter.com/6G75FoPOTw

— Rwanda Biomedical Centre (@RBCRwanda) June 7, 2021

Uru rukingo rutangwa incuro ebyiri zitandukanijwe n’ibyumweru 3 kugera kuri 4. Bivuze ko abantu bazahabwa urukingo rwa mbere, n’urwa kabiri ruzaba ruhari rutegereje.

U Rwanda rumaze iminsi muri gahunda y’ikingira. Mu kwezi gushize rwakiriye inkingo ibihumbi 247 harimo 117.600 rwahawe n’u Bufaransa, bituma rutangira gutanga urukingo rwa kabiri rwa AstraZeneca.

Kugeza kuri iki cyumweru abantu 228.169 bamaze guhabwa urukingo rwa mbere rwa COVID-19. Igikorwa cyo gukingira cyakomeje uyu munsi.

Muri rusange abafite urukingo bahawe ni 350.400.

TAGGED:COVID-19featuredPfizer
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Atsinze Centrafrique Uruhenu: Ibitego 5-0
Next Article Dosiye Ya Karasira Yagejejwe Mu Bushinjacyaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?