Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Ibihumbi 50 bagiye Guhabwa Urukingo Rwa Pfizer
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abanyarwanda Ibihumbi 50 bagiye Guhabwa Urukingo Rwa Pfizer

admin
Last updated: 07 June 2021 6:38 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko inkingo 50.300 za Pfizer zagejejwe ku bigo nderabuzima n’ibitaro bya Leta hirya no hino mu Rwanda, zikazatangira guhabwa abantu batandukanye kuri uyu wa Kabiri.

Minisiteri y’Ubuzima iheruka gutangaza ko u Rwanda rwakiriye inkingo 100.600 za Pfizer, binyuze muri gahunda mpuzamahanga igamije gukwirakwiza inkingo za COVID-19, COVAX.

Kuri uyu wa Mbere Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, cyatangaje ko igice cya ziriya nkingo cyamaze kugezwa mu bice bitandukanye by’igihugu.

Kiti “Gukingira COVID-19 icyiciro gishya biratangira ku wa kabiri tariki ya 08.06.2021 hakingirwa abafite nibura imyaka 75. Abandi bazagenda bagerwaho hibandwa ku bakuze.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Izindi nkingo 50,300 za Pfizer zagejejwe ku bigo nderabuzima n’ibitaro bya Leta hirya no hino mu #Rwanda. Gukingira #COVID19 icyiciro gishya biratangira ku wa kabiri tariki ya 08.06.2021 hakingirwa abafite nibura imyaka 75. Abandi bazagenda bagerwaho hibandwa ku bakuze pic.twitter.com/6G75FoPOTw

— Rwanda Biomedical Centre (@RBCRwanda) June 7, 2021

Uru rukingo rutangwa incuro ebyiri zitandukanijwe n’ibyumweru 3 kugera kuri 4. Bivuze ko abantu bazahabwa urukingo rwa mbere, n’urwa kabiri ruzaba ruhari rutegereje.

U Rwanda rumaze iminsi muri gahunda y’ikingira. Mu kwezi gushize rwakiriye inkingo ibihumbi 247 harimo 117.600 rwahawe n’u Bufaransa, bituma rutangira gutanga urukingo rwa kabiri rwa AstraZeneca.

Kugeza kuri iki cyumweru abantu 228.169 bamaze guhabwa urukingo rwa mbere rwa COVID-19. Igikorwa cyo gukingira cyakomeje uyu munsi.

Muri rusange abafite urukingo bahawe ni 350.400.

- Advertisement -
TAGGED:COVID-19featuredPfizer
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Atsinze Centrafrique Uruhenu: Ibitego 5-0
Next Article Dosiye Ya Karasira Yagejejwe Mu Bushinjacyaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?