Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatalibani Biyemeje Guhangana N’Ingabo Z’Amerika Zikiri Muri Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abatalibani Biyemeje Guhangana N’Ingabo Z’Amerika Zikiri Muri Afghanistan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2021 1:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe hasigaye igihe gito kugira ngo ingabo z’Amerika zitahe ariko ubu zikaba zarongerewe igihe, byarakaje Abatalibani. Ingabo na Polisi baryamiye amajanja biteguye ko abarwanyi b’Aba Taliban bashobora kubyuririraho bagatangira guhungabanya umutekano w’igihugu.

Byari bitaganyijwe ko guhera kuri uyu wa 01, Gicurasi, 2021 ari bwo igihe cyo gutangira gucyura ingabo z’Amerika kiri butangire.

Gucyura bariya basirikare bizakorwa mu byiciro kandi mu buryo butandukanye ariko ubutegetsi bwa Joe Biden bwavuze ko byakwigizwa imbere bikazatangira tariki 11, Nzeri, 2021.

Ubu mu murwa mukuru wa Afghanistan umutekano wakajijwe, bariyeri zishyirwa henshi.

Henshi muri uriya murwa mukuru hari gucicikana abasirikare n’abapolisi bafite imbunda ziremereye.

Amasezerano y’uko ingabo z’Amerika zigomba gutangira kuva muri kiriya gihugu muri Gicurasi 2021 yashyizwe umukono hagati y’ubutegetsi bwa Donald Trump n’ubw’i Kabul ariko Abatalibani nabo bakarekeraho aho kugaba ibitero hirya no hino.

Ubutegetsi bwa Biden bwo bwemeje ko kubacyura byaba bigenje amaguru make, bikazatangira gukorwa tariki 11, Nzeri, 2021.

Hashize ibyumweru bike muri Afghanistan hicwa abaturage benshi kandi bakicwa binyuze mu

Kuva Biden yatangaza ko abasirikare be bazatangira gucyurwa muri Nzeri, 2021, umutekano warushijeho guhungabana kuko Abatalibani bongereye ibikorwa by’urugomo, ndetse biza gutuma batitabira inama bari batumiweho n’Amerika ngo bahurire i Istanbul muri Turukiya.

Ingabo z’Afghanistan nazo ziri maso.

Haracyari ibiganiro byo kureba niba Abatalibani bazisubira, bakemera kujya ku meza y’ibiganiro.

Abatalibani bo batangaje ko igihe cyose abasirikare b’Amerika bazaba badatashye iwabo, hakurikijwe amasezerano yasinywe ku ngoma ya Trump,  bazahura n’ibibazo.

Icyo bifuza ni uko nta musirikare w’igihugu cy’amahanga ugomba kuba ku butaka bwabo.

The Reuters yanditse ko ku rundi ruhande, Leta zunze ubumwe z’Amerika zivuga ko Abatalibani nibaramuka bagabye igitero ku ngabo z’Amerika, zizitabara  hakoreshejwe imbaraga zose zifite mu karere Afghanistan iherereyemo.

Ikindi ni uko ibiganiro bikomeje mu rwego rw’ububanyi n’amahanga kugira ngo Abatalibani babe bakwemera ibiganiro.

Ingabo z’Amerika hari abatazishaka ku butaka bwa Afghanistan
TAGGED:AbarwanyiAbatalibaniAfghanistanfeaturedItarikiTurikiyaUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article COGEBANQUE Ifite Umuyobozi Mukuru Mushya
Next Article Abafaransa Bavugaga Ko Baje ‘Gufasha Abahutu Kurwanya Abatutsi’ Bateye Igihugu- Gatabazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?