Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayapani Barokotse Bombe Atomike Bahawe Igihembo Cy’Amahoro Cya Nobel
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abayapani Barokotse Bombe Atomike Bahawe Igihembo Cy’Amahoro Cya Nobel

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2024 3:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’Abayapani bitwa Nihon Hidankyo bahawe igihembo cy’amahoro kitiriwe Nobel cy’umwaka wa 2024.

Abo bantu bavuga ko barokotse bombe atomike yarashwe muri Hiroshima na Nagasaki mu mwaka wa 1945 ubwo bombe ebyiri zo muri ubu bwoko zaraswaga mu Buyapani zirashwe na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Amerika yagira ngo ice intege abasirikare b’Ubuyapani bari bamereye nabi ingabo z’Amerika mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Abahawe igihembo cya Nobel cy’amahoro ni bamwe mu barokotse izo bombe.

Bose ni abantu bakuru bageze mu myaka irenga 75 y’amavuko.

Bashimiwe ko nyuma yo kurokoka izo bombe bashinze ihuriro ryazengurutse hirya no hino ku isi ribwira abantu ububi bwo gukora no gutunga ibisasu bya kirimbuzi.

Babivugaga babizi kuko bari bazi uko umuriro wa biriya bisasu ushyuha!

Umuyobozi wa Komite ishyiraho igihembo cya Nobel witwa Joergen Watne Frydnes yavuze ko abahawe kiriya gihembo, bagize uruhare rukomeye mu kwemeza isi ko biriya bisasu ari bibi koko.

Itsinda rya bariya Bayapani ryashinzwe mu mwaka wa 1956, rizenguruka hirya no hino ku isi bavuga ibibi bya biriya bisasu.

Banubatse urubuga rwa murandasi rugaragaraho inama abo bagabo batanga kuri iki kibazo.

Si ubwa mbere abahawe iki gihembo bari bashyizwe ku rutonde rw’abagikwiye ariko ntibibahire.

Mu mwaka wa 2005 nabwo byarabaye.

Twabibutsa ko amateka yerekana ko taliki 06, Kanama, 1945 indege y’intambara ya Amerika yarekuriye bombe ikozwe mu kinyabutabire cya Uranium mu mujyi wa Hiroshima yica abantu 140,000.

Nyuma y’iminsi itatu ni ukuvuga taliki 09, ikindi gisasu nk’iki cyarashwe mu Mujyi wa Nagasaki bituma Ubuyapani bucika intege, buba buratsinzwe intambara ya kabiri y’isi irangira ityo.

Bamwe mu barokotse izo bombe babwiye itangazamakuru ryo mu Buyapani ko batigeze barota na rimwe ko bazahabwa kiriya gihembo.

Igihembo cy’amahoro kitiriwe Nobel kiba gifite agaciro ka miliyoni $1 ni ukuvuga miliyari irenga y’amafaranga y’u Rwanda.

Si amafaranga gusa abagihawe batahana kuko bahabwa n’impamyabumenyi ndetse n’umudali wa zahabu.

TAGGED:AbayapaniAmerikaIgihemboNobel
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahanzi Nyarwanda Babwiwe Akamaro Ko Gukorana N’Ab’Ahandi
Next Article Hari Ababeshya Ko u Rwanda Rwabohowe N’Imana -Dr Bizimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?