Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abimukira Bava Muri Maroc Bongeye Kugana Uburayi Ari Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abimukira Bava Muri Maroc Bongeye Kugana Uburayi Ari Benshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2021 11:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Si nka mbere ubwo bacaga muri Libya ahubwo ubu bahinduye umuvuno, kuko bari guca muri Maroc bagana muri Espagne. Mbere bacaga muri Libya bakambuka bagana mu Butaliyani.

Mu bimukira 8000 bageze ku mwaro wa Ceuta ( côte, coast) wo ku Nyanja ya Mediterannée ihuza Maroc na Espagne, abagera ku 2000 ni abana bataruzuza imyaka 18 y’amavuko kandi hari benshi muri bob amaze gusubizwayo na Polisi ishinzwe kurinda amazi ya Espagne.

Kuba mu minsi itageze kuri itatu hari abantu 8000 bamaze kugera kuri uriya mwaro ubwabyo bitahangayikishije.

Ikindi ni uko abana bashoboye kugera muri Espagne ubu barirwa batembera mu mijyi ihari, bikaba bihangayikishije abahatuye bibaza amaherezo yabo.

Umuvugizi wa Croix Rouge ya Espagne witwa Isabel Brasero yabwiye RFI ati: “ Muri aka gace hari hasanzwe hinjira abimukira bake ariko muri iki gihe ntibisanzwe kuko hari abantu benshi kandi biganjemo abana bari kwambuka bari mu bwato bakinjira mu gihugu cyacu mu buryo budakurikije amategeko.”

Abaturage ba Maroc barashaka kujya kwibera muri Espagne

Avuga ko ikibabaje ari uko ntawakwizera niba bose barakingiwe icyorezo COVID-19 bityo Leta ikaba ifite impungenge z’uko bashobora kwanduza abaturage.

Ikindi Isabel  avuga ni uko umubare w’abimukira ukomeje kuzamuka n’ubwo bwose aho ku mwaro Leta yahohereje abapolisi n’abasirikare benshi.

Umwihariko w’abimukira muri iki gihe ni uko abenshi bari kuza baturutse muri Maroc kandi ngo biyemeje bamaramaje ko batazasubira muri Maroc.

Impamvu ziri gutuma bahunga…

Imwe mu mpamvu ikomeye iri gutuma abaturage ba Maroc bahungira muri Espagne ni uko Maroc yongeye kugirana ibibazo n’agace ka Sahara y’i Burengerazuba, aka gace kakaba karahoze karigaruriwe na Espagne kugeza mu mwaka wa 1975, ubwo Maroc yagahinduraga akayo.

Kuva icyo gihe Maroc yatangiye guhangana n’ubuypbozi bw’ako gace n’abagatuye bitwa Saharwi bayoborwa n’ikitwa Polisario Front.

Bijya kuzamba muri Mata, 2021 Espagne yemereye umugabo usanzwe uyobora Sahrawi kuza kwivuriza COVID-19 muri kiriya gihugu.

Uyu mugabi w’imyaka 73 niwe wari usanzwe ategeka ishyaka Polisario riharanira ko Sahara y’i Burasirazuba iba igihugu kigenga kandi ibi Maroc ntibikozwa.

Icyo gihe ubwami bwa Maroc bwaburiye Espagne ko ibyo ikoze bizayigaruka.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Espagne yasubije ko atari azi ko Maroc yakwitwaza ikibazo cy’umupaka wayo na Sahara y’i Burengerazuba ngo ikigire ikibazo cya politiki y’ububanyi n’amahanga bwayo na Espagne.

Abakurikiranira ibibera hagati ya  biriya bihugu bavuga ko kuba Polisi ya Maroc  yararetse abimukira bakajya muri Espagne ari benshi, ntibakumire, ari uburyo bwo kwihimura kuri Espagne kugira ngo nayo ihangane na kiriya kibazo kandi kitoroshye.

Umunyamakuru wa BBC witwa Guy Hedgecoe avuga ko ibiri kuhabera muri iki gihe bije kurushaho kuzambya umubano wari umazemo agatotsi katewe n’abimukira bahora bashaka kuva muri Maroc cyangwa ahandi bakinjira muri Espagne mu buryo butemewe.

N’ubwo abenshi mu bimukira baca muri kariya gace bakomoka muri Maroc ariko Polisi ya Espagne yabaruye n’abandi bakomoka mu bihugu byo muri y’Ubutayu bwa Sahara.

 

TAGGED:AbimukiraBurayiCeutaEspagnefeaturedMaroc
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Macron Yemeje Ko Agiye Gusura U Rwanda
Next Article Minisitiri Gatabazi Yasuye Ahangijwe N’Ibiza Mu Burengerazuba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi Mpuzamahanga

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Kenya: Abantu 12 Baguye Mu Mpanuka Y’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Ibyinshi Mu Byaranze Amateka Y’u Rwanda Bibitswe N’Abarukolonije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?