Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Afurika Irashaka Gushyiraho Ikoranabuhanga Mu Mikorere Ya Gasutamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Afurika Irashaka Gushyiraho Ikoranabuhanga Mu Mikorere Ya Gasutamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 November 2022 11:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko isi iri kwihuta mu ikoranabuhanga, abashinzwe gukusanya imisoro n’amahoro nabo bavuga ko uru rwego rutagomba gusigara inyuma.

Ni muri uru rwego i Kigali hari kubera inama mpuzamahanga yahuriwemo n’abakora mu rwego rw’imari no gukusanya imisoro n’amahoro kugira ngo baganire uko uru rwego rwarushaho gukoreshwamo ikoranabuhanga.

Ikigo mpuzamahanga cya za gasutamo, World Customs Organization, kivuga ko ikoranabuhanga mu guhererekanya amakuru ari ngombwa mu rwego rwo gukusanya imisoro n’amahoro kuko abantu basigaye bagendana ikoranabuhanga bityo bakaba bagomba guhabwa uburyo bwo kumenyekanisha no kwishyura amahoro batavunitse.

Umuyobozi w’iki kigo witwa Batsirai Chadzingwa ati: “Ni muri uru rwego hatangijwe uburyo bwo kumenyakanisha imisoro n’amahoro hifashishijwe ikoranabuhanga, impapuro n’ikaramu bisanzwe bikoreshwa bikagabanywa. Biri no mu buryo bwo kurinda ibidukikije kuko gukora impapuro hari ibyo bisaba.”

Ni inama mpuzamahanga yiga uko gasutamo zarushaho gukoresha ikoranabuhanga.

Avuga ko  gukoresha ikoranabuhanga mu kwishyura no kumenyekanisha imisoro bigira akamaro ndetse no mu kwirinda gutanga amafaranga mu ntoki ngo runaka ayajyane ku mukozi ushinzwe gukusanya no gutanga umusoro w’umusoreshwa.

Binyuze mu ikoranabuhanga kandi,  ngo abashinzwe kureba uko amafaranga akusanywa baba bafite ubushobozi bwo kureba uko umuntu ayatanga, bitabaye ngombwa ko basohoka mu Biro bakamenya ayo atanze, ayo asigaje ndetse bakanamenya niba ibi abikora mu buryo budahindagurika.

Umushyitsi mukuru muri iriya  nama akaba ari n’Umuyobozi mukuru wungirije wa Rwanda Revenue Authority, Jean Louis Kalingondo, avuga ko iyi nama ije mu gihe isi muri rusange iri kwivana mu ngaruka za COVID-19 ariko ngo iki cyorezo cyeretse isi ko igomba kuba ifite ubundi buryo bwo gukomeza gukora ubucuruzi n’ubwo ibihe byaba bikomeye.

Jean Louis Kalingondo

Avuga ko abantu bagomba gukomeza gushaka uburyo burambye kandi bishingiye ku ikoranabuhanga butuma ibintu bikomeza gukora no gukorana.

Ku byerekeye u Rwanda, Jean Louis Kalingondo yavuze ko rwakoze uko rushoboye kugira ngo rwegere abaturage basore batavunitse kandi banamenyekanishe ibyo bakora bitabavunnye.

Ati: “ Ndabizeza ko u Rwanda ruzatanga ibyo rusabwa byose kugira ngo rufashe muri uyu murongo wo gukoresha ikoranabuhanga mu bucuruzi, kumenyakanisha, gukusanya ndetse no mu gutanga imisoro n’amahoro kuri za gasutamo.”

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imisoro n’amahoro cyanashyizeho uburyo Abanyarwanda cyangwa abandi bakorera ubucuruzi mu Rwanda bashobora kumenyekanisha uko imisoro n’amahoro bakusanyije ihagaze.

Ni uburyo bise e-tax services.

TAGGED:AfurikaAmahorofeaturedIkoranabuhangaImisoroKalingondo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Brazil: Abatwara Amakamyo Bafunze Imihanda Bamagana Intsinzi Ya Lula Da Silva
Next Article U Rwanda Rwisuzumye Rureba Aho Rugeze Ruha Buri Wese Murandasi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?