Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Airtel-Rwanda Yungutse Jean Claude Gaga Wakoreraga Equity Bank
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Airtel-Rwanda Yungutse Jean Claude Gaga Wakoreraga Equity Bank

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2022 9:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo wahoze muri Banki ya Equity ishami ry’u Rwanda ashinzwe ibikorwa by’ubucuruzi witwa Jean Claude Gaga ubu ari muri Airtel-Rwanda aho inshingano ye ya mbere ari ukuzamura umubare w’abakoresha Airtel Money.

Gaga asanzwe azwiho ubuhanga mu kwamamaza ibikorwa  by’ubucuruzi bikorwa n’ibigo bitandukanye.

Si muri Equity yabikoze gusa ahubwo yabikoze no muri MTN Rwanda n’aho akaba yari ahashinzwe iterambere ryo gukoresha Mobile Money.

Yakoze no mu kigo kitwa RSwitch ashinzwe guteza imbere kwishyura no kwishyurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Asanganywe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bumenyi bya serivisi z’imari yakuye muri Kaminuza ya Salford iri mu gace bita  Great Manchester.

Kuba Jean Claude Gaga yagiye gukorera Airtel- Rwanda ku byerekeye guteza imbere serivisi zo kwishyura hakoreshejwe Airtel Money biratanga ikizere ko ubu buryo buzatera imbere cyane cyane ko ari mu bantu babuzamuye ubwo yakoreraga MTN ahinzwe ibya Mobile Money.

Mu kiganiro kihariye Umuyobozi mukuru wa Airtel –Rwanda, Bwana Emmanuel Hammez yagize guha Taarifa muri Nzeri, 2021 yatubwiye ko intego ye ari uguteza imbere Airtel Money.

Emmanuel Hammez umuyobozi mukuru wa Airtel Rwanda. Mbere yabanje kuyiyobora muri DRC

Icyo gihe yagize ati: “Muri iyi minsi turi kubaka uburyo buhamye bwo kwakira no kohererezanya amafaranga harimo no kuyishyurana, ni Airtel Money.”

Yavuze ko mu kazi ke ka buri munsi azakora uko ashoboye kose Airtel-Money igatera imbere.

Yunzemo ati: “Tuzabikora binyuze muri za ‘service centers’, kandi kugeza ubu dufite izigera kuri 42, ndetse na za kiyosike( utuzu tw’aba agents) tugera ku 1700 hirya no hino mu Rwanda.”

Hammez yavuze ko azangera imbaraga mu kwamamaza ibyo Airtel –Rwanda ikora ‘abantu bakabimenya.’

Agikorera Equity Bank Jean Claude Gaga yigeze kubwira Taarifa ko ko ikintu cya mbere yashakaga ari uko banki akorera iba ‘intangarugero muri byose.’

Icyo gihe hari mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ikoreshwa ry’andi makarita yo gufasha abakiliya kugera kuri serivisi zitandukanye harimo amakarita umuntu ashobora kubikuzaho amafaranga bitabaye ngombwa ko ayacengeza mu cyuma bita POS.

TAGGED:AirtelAmafarangaEquityfeaturedMTN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage B’Afghanistan Bugarijwe N’Inzara, Amahanga Yarabatereranye
Next Article Israel Mbonyi Yasohoye Indirimbo, Ati: ‘Mana Wangize Icyambu’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?