Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Akamaro K’Ibitabo Mu Mateka Ya Muntu No N’Amajyambere Ye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Akamaro K’Ibitabo Mu Mateka Ya Muntu No N’Amajyambere Ye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2022 6:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri iki gihe abantu bacye nibo batira igitabo. Ndetse gutunga ibitabo ntibigifatwa nk’ikintu kidasanzwe mu mibereho ya muntu. Ariko rero, siko byahoze. Mu  Bugereki na Roma bya cyera, gutira umuntu igitabo akakigutiza byari kimwe mu byerekana ko uwo muntu ari inshuti kandi kandi akwizera.

Umuntu watungaga igitabo yabaga icyamamare kubera ko byasabaga ko aba ari umukire, igikomangoma cyangwa intiti yamamaye cyane.

Kubera akamaro ibitabo byari bifite mu mibereho y’abantu ba cyera, abami n’ibikomangoma  babyubakiye inzu z’igitangaza zo kubibikamo.

Urugero rw’imwe mu nzu zamamaye kubera uko zari zubatswe ni iyitiriwe Celsus wayobora Intara ya Ephèse ni mu Bugereki.

Mbere y’uko tugaruka ku myubakirwe y’iyi nzu, reka tureba uko ibitabo byakuze kugeza ubwo tubibona muri iki gihe.

Mu gihe cy’Amateka ya cyera bita Antiquité nibwo abantu bavumbuye kwandika.

Inyandiko zatumye abantu bahererekanya ibitekerezo imico n’imigenzo.

Kubera ko muri izo nyandiko ari ho habaga bahitswe ibitekerezo by’ingirakamaro, byabaye ngombwa ko abantu babyubakira inzu zikomeye kandi zisa neza zo kubirinda.

Ibyo twabivuzeho haruguru.

Ku ikubitiro, uburyo bwa mbere abantu bandikagamo bwari uburyo bwo gufata utuntu tumeze nk’utwuma cyangwa ibiti bakabisharura ku matafari ataruma bamara kwandika rya tafari bakaritwika ubwo ibyenditseho bikaba bihawe igihe cyo kuramba.

Ni uburyo bw’imyandikire bita cuneiform bwatangijwe n’abaturage bitwaga Abasumeri bari batuye muri Mezopotamiya ya kiriya gihe, ubu ni muri Iraq.

Ubu buryo bwararambye bugera n’ahandi mu isi ya kiriya gihe harimo n’i Babuloni.

Kubera ko Abanyamisiri bacuruzanyaga n’Abasimeri bo muri Mezopotamiya, baje kwiga kwandika ariko basanga ibyiza ari ukwandika ku bikoresho bikoze mu rufunzo bashishuraga bakabyumisha.

Ni ibifunzo bita papyrus.

Nyuma yo kubyandikaho, barabizingaga bakabibika ari imizingo.

Mu magambo avunaguye, twakwemeza ko muri Mezopotamiya ari ho havukiye inyandiko n’ubwo imyandikire yagiye ihinduka bitewe n’ibihe n’ahantu.

Kubera iyi mpamvu, aka gace niko usanga karavukiyemo imijyi n’ibitekerezo byatumye isi ya kiriya gihe iba uko amateka ayivuga muri iki gihe.

Ni muri aka gace kandi hari ya nzu y’ibitabo twavuze haruguru yitiriwe Celsus , ikaba iherereye mu nkengero z’Inyanja ya Egée, hafi ya Turikiya y’ubu.

Inzu y’ibitabo ya Celsus

Umujyi wa Ephèse wubatswemo iriya nzu y’ibitabo iri mu zitangaje wari uri mu gace kacigwamo n’abacuruzi bavaga imihanda yose harimo abavaga mu Bugereki no muri Roma bya cyera.

Muri urwo ruhurirane ni n’aho ababaga mu madini atandukanye yari ho muri kiriya gihe bahuriraga, bakaganira.

Umuhanga mu Bumenyi bw’isi n’Amateka wo muri kiriya gihe witwa Strabo yanditse ko abantu ba mbere bashinze Umujyi wa Ephèse ari abitwaga Amazones.

Aba bari abagore b’abarwanyi cyangwa b’abahigi bari baturiye Inyanja y’Umukara.

Umuhanga Strabo

Icyakora nta makurua arambuye Strabo atanga ku nkomoko n’imikorere ya bariya bagore.

Bariya bagore bashinze uriya mujyi sibo bawugejeje ku rwego wamenyekanyeho mu mateka ahubwo byakozwe n’abatwaga Hitite, bamamaye mu mwaka wa 1050 B.C.

Bageze muri kariya gace baturutse mu Bugereki.

Uriya mujyi waje kwamamara kugeza ubwo wagutse ugera mu gice kinini cy’u Bugereki bwo mu gihe cya cyera kandi kwagurwa kwawo kwagizwemo uruhare n’abagaba b’ingabo z’umwami Alegizanderi Mukuru wa Macedoine.

Uyu yari umuhungu w’Umwami Filipo, akaba yarabaye igihangange cyane mu bami bategetse u  Bugereki.

Ubwo Roma yabaga igihangange, umujyi wa Ephèse waje kuba ihuriro ry’ibikorwa bya Roma mu gace wari urimo kubera ko wari uri ahantu rwagati ubucuruzi n’ibitekerezo byo muri ya kiriya gihe byahuriraga.

Ni umujyi wari utuwe n’abantu 250, 000 .

Aba barenda kungana n’abatuye Akarere ka Muhanga muri iki gihe.

Kubera ko wategetwe n’abantu bo mu mico itandukanye barimo aba Lidiya, Abaperesi, Abagereki ba Alegizanderi, Abaromani, Aba-Otomani n’abandi, byatumwe uba umujyi w’abahanga n’abantu bacyerebutse.

Icyakora intiti zivuga mu buryo butandukanye uwatanze itegeko ryo kubaka inzu y’ibitabo ya Celsus ariko benshi bahuriza ku ngingo y’uko itegeko ryo kuyubaka ryatanzwe umutware w’Umuromani witwaga Gaius Julius Aquila abikora mu rwego rwo guha icyubahiro Se witwaga  Tiberius Julius Celsus Polemaeanus.

Iby’imyubakirwe y’inzu, intiti zabimenye zishingiye ku nyandiko yasharuwe kuri rumwe mu nkuta z’iri mu muryango w’iyi nzu.

Icyuzura yashyizwemo imizingo y’ibitabo iri hagati ya 9,000 na 12,000.

Ikirangiza kuzura yashinzwe umugabo witwa Celsus wari intiti mu mategeko no mu bikorwa bya gisirikare.

Ni inzu yubatswe hakoreshejwe itaka bita marbre. Yubatswe ihawe umusingi muremure k’uburyo yashoboye guhangana n’imitingito n’inkubi zikomeye k’uburyo n’ubu igihagaze.

Uretse ibitabo yabitswemo, iyo uyibonye ubona ko abayubatse  bayizengurukije inkingi zirimo ibibumbano byerekana umuco wo gice yubatswemo n’abahacaga bava cyangwa guhaha hafi aho.

Gusoma ibitabo ni umwitozo mwiza ukarishya ubwonko kandi umuntu akamurikirwa
TAGGED:BugerekifeaturedIbitaboIntitiInzu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Gen Kazura Azasura u Bufaransa
Next Article MINAGRI Yatangaje Ko Hari Gukorwa ‘Imiti Mishya’ Y’Uburondwe Nyuma Yo Kunengwa N’Aborozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?