Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amaraso Y’Ubwoko Bwa O Positif Na O Négatif’ Mu Rwanda Ntahagije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amaraso Y’Ubwoko Bwa O Positif Na O Négatif’ Mu Rwanda Ntahagije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 September 2022 9:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amaraso ni urugingo rw’ingenzi rutuma n’izindi ngingo zigerwaho n’ibizitunga. Iyo umuntu akomeretse agatakaza amaraso menshi cyangwa umubyeyi uri kubyara bamubaze akagira ayo atakaza, akenera ko bamutera andi.

Kubera ko amaraso adakorerwa muri Labo, biba ngombwa ko abantu bayatanga akabikwa kugira ngo uzayakenera azayabone bitamugoye.

Ikibazo kiri mu Rwanda muri iki gihe ni uko hari ubwoko bw’amaraso butari mu bubiko.

Umuyobozi w’ishami ryo gutanga amaraso mu Kigo gishinzwe ubuzima (RBC), Dr. Muyombo Thomas avuga ko abantu bafite ubwoko bwa O Positif Na O Négatif’ batanga amaraso ari benshi kugira ngo bazibe icyuho cy’uko amaraso yo muri ubu bwoko ahari adahagije ugereranyije n’abarwayi bayakeneye.

Dr Gashayija Christopher ushinzwe ishami ryo gutanga amaraso mu Mujyi wa Kigali yabwiye Kigali Today ko impamvu bafashe icyemezo cyo gutanga iri tangazo ari uko nta maraso ahagije bafite mu bubiko bwabo.

Yagize ati: “Abantu bakeneye amaraso yo mu bwoko ba O positif na O négatif ni benshi kandi ari mu bubiko ntahagije ugereranyije n’umubare w’abayakeneye”.

Impamvu ikomeye ibitera ni uko ngo abakenera ariya maraso ari benshi bigatuma ahari aba iyanga.

Bivuze ko abakenera ubundi bwoko bw’amaraso ari bake.

RBC kandi isaba abanyeshuri bari mu biruhuko kwitabira gutanga amaraso kugira ngo bibe byaziba icyuho cy’uko ahari ari make.

Amaraso atangwa n’abantu batandukanye ni yo yoherezwa ku bitaro biri hirya no hino mu gihugu agahabwa indembe n’abarwayi bayakeneye.

TAGGED:AbarwayiAmarasofeaturedMuyomboRBC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingaruka Zo Kudasinzira Bihagije Ni Mbi Kurusha Uko Abantu Babikeka
Next Article Mu Gihe Ruto Yishimira Intsinzi, Abo Kwa Odinga Barakaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?