Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Amaraso Y’Ubwoko Bwa O Positif Na O Négatif’ Mu Rwanda Ntahagije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Amaraso Y’Ubwoko Bwa O Positif Na O Négatif’ Mu Rwanda Ntahagije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 September 2022 9:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amaraso ni urugingo rw’ingenzi rutuma n’izindi ngingo zigerwaho n’ibizitunga. Iyo umuntu akomeretse agatakaza amaraso menshi cyangwa umubyeyi uri kubyara bamubaze akagira ayo atakaza, akenera ko bamutera andi.

Kubera ko amaraso adakorerwa muri Labo, biba ngombwa ko abantu bayatanga akabikwa kugira ngo uzayakenera azayabone bitamugoye.

Ikibazo kiri mu Rwanda muri iki gihe ni uko hari ubwoko bw’amaraso butari mu bubiko.

Umuyobozi w’ishami ryo gutanga amaraso mu Kigo gishinzwe ubuzima (RBC), Dr. Muyombo Thomas avuga ko abantu bafite ubwoko bwa O Positif Na O Négatif’ batanga amaraso ari benshi kugira ngo bazibe icyuho cy’uko amaraso yo muri ubu bwoko ahari adahagije ugereranyije n’abarwayi bayakeneye.

Dr Gashayija Christopher ushinzwe ishami ryo gutanga amaraso mu Mujyi wa Kigali yabwiye Kigali Today ko impamvu bafashe icyemezo cyo gutanga iri tangazo ari uko nta maraso ahagije bafite mu bubiko bwabo.

Yagize ati: “Abantu bakeneye amaraso yo mu bwoko ba O positif na O négatif ni benshi kandi ari mu bubiko ntahagije ugereranyije n’umubare w’abayakeneye”.

Impamvu ikomeye ibitera ni uko ngo abakenera ariya maraso ari benshi bigatuma ahari aba iyanga.

Bivuze ko abakenera ubundi bwoko bw’amaraso ari bake.

RBC kandi isaba abanyeshuri bari mu biruhuko kwitabira gutanga amaraso kugira ngo bibe byaziba icyuho cy’uko ahari ari make.

Amaraso atangwa n’abantu batandukanye ni yo yoherezwa ku bitaro biri hirya no hino mu gihugu agahabwa indembe n’abarwayi bayakeneye.

TAGGED:AbarwayiAmarasofeaturedMuyomboRBC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingaruka Zo Kudasinzira Bihagije Ni Mbi Kurusha Uko Abantu Babikeka
Next Article Mu Gihe Ruto Yishimira Intsinzi, Abo Kwa Odinga Barakaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?