Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Ubushita Bw’Inkende Bwageze Mu Mfungwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbuzima

DRC: Ubushita Bw’Inkende Bwageze Mu Mfungwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 September 2024 9:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri gereza iri i Kisangani haravugwa abagororwa 97 banduye ubushita bw’inkende, indwara imaze kuba icyorezo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Muri abo abagera kuri 23 nibo bamaze kwemezwa ko koko iyo ndwara yabafashe.

Inzego z’ubuzima muri Kisangani zaraye ziteranye zigira hamwe by’igitaraganya iby’iki kibazo cyamaze kugera mu bantu bafunzwe kandi ubusanzwe baba bazwiho kugarizwa n’indwara bitewe n’ubucucike bw’aho baba.

Gereza ya Kisangani irimo imfungwa 1,222 kandi abayizi bavuga ko icucitse n’ubwo wumvise uwo mubare wakumva ko abo bantu ari bacye.

Radio Okapi yazindutse yandika ko hari itsinda ry’abaganga boherejwe kuri iyo gereza ngo bite ku banduye ari nako barinda ko benshi bandura.

Dr. Bienvenu Ikomo ushinzwe ubuzima mu Ntara ya Tshopo avuga ko abagize iryo tsinda bari gukora uko bashoboye ngo barinde ko abantu benshi bandura iyi ndwara iri mu zandura cyane kurusha izindi.

Muri iryo tsinda harimo n’abajyanama mu by’ubuzima bwo mu mutwe bagiye guha abantu ubufasha bwo mu mutwe.

Hagati aho kandi hari inkingo z’iyi ndwara zamaze kugera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo zitanzwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS,  ngo zikingire abantu 15,000 byamaze kwemezwa ko bayanduye.

Muri rusange abagera ku 18,000 nibo bayivugwaho.

TAGGED:CongoDemukarasiInkendeInkingoRepubulikaUbushita
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Ari Muri Indonesia
Next Article Ubuso Buhingwa Mu Rwanda Bwarongerewe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?