Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dufatanye Kurerera Umuryango Nyarwanda Ufite Uburere N’Umuco- Minisitiri W’Uburezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dufatanye Kurerera Umuryango Nyarwanda Ufite Uburere N’Umuco- Minisitiri W’Uburezi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2021 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya avuga ko inzego z’uburezi, iz’amadini n’izindi zikeneye gukorana mu kubaka umuryango nyarwanda ufite uburere n’umuco.

Ibi ngo ‘bituma umunyeshuri agira imyitwarire n’imitekerereze’ biganisha ku migenzereze iboneye, akemeza ko ari byo shingiro ry’iterambere ry’igihugu muri rusange.

Yabivugiye mu Nama yahumuje n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Gaspard Twagirayezu, Umunyamabanga Uhoraho Charles Karakye, abahagarariye amadini n’amatorero, abayobozi b’Uturere, abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Intara n’abandi.

Ubutumwa bwa Minisiteri y’uburezi  kuri Twitter buvuga ko uruhare rw’abafatanyabikorwa mu guteza imbere uburezi n’uburere mu mashuri ndetse na gahunda yihariye iteganyijwe yo gufasha abanyeshuri bakiri inyuma mu masomo ari ingenzi kandi ko biri mu byaganiriweho muri iriya nama.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iriya nama yabaye mu gihe mu Rwanda bari kwitegura itangira ry’umwaka w’amashuri 2021-2021.

Vuba aha hazatangira amashuri abanza, ayisumbuye, ay’imyuga n’ubumenyingiro.

Minisiteri y’Uburezi iherutse gutangaza  ko umwaka w’amashuri wa 2021/2022 uzatangira ku wa 11 Ukwakira 2021 ku mashuri Abanza, Ayisumbuye n’ay’Imyuga n’Ubumenyingiro, ukazasozwa ku wa 15 Nyakanga 2022.

Iyi ngengabihe igaragaza ko mu mwaka w’amashuri wa 2021/2022, igihembwe cya mbere kizatangira ku 11 Ukwakira 2021 kigasozwa ku wa 24 Ukuboza 2021.

Igihembwe cya kabiri kizatangira ku wa 10 Mutarama 2022 gisozwe ku wa 31 Werurwe 2022, mu gihe igihembwe cya gatatu kizatangira ku wa 18 Mata 2022 kikazasozwa ku wa 15 Nyakanga 2022.

- Advertisement -

Biteganywa ko ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza bizakorwa ku wa 18 Nyakanga 2022 kugeza ku wa 20 Nyakanga 2022.

Ni mu gihe ibisoza amashuri yisumbuye, ay’imyuga n’ubumenyingiro bizakorwa kuva ku wa 26 Nyakanga 2022 kugeza ku wa 5 Kanama 2022.

Tariki 17, Mata, 2021, Minisitiri w’uburezi Dr Valentine Uwamariya yatanze ubutumwa bwari bugenewe abakora mu burezi mu Rwanda, bubibutsa ko uburezi bwo hambere ya Jenoside yakorewe Abatutsi bwagizwe umuyoboro w’ingengabitekerezo yaganishije kuri iriya Jenoside.

Dr Valentine Uwamariya ubwo yagezaga ijambo ku bakozi ba Minisiteri ye muri Mata, 2021

Icyo gihe yabasabye kumva ko muri iki gihe, uburezi bugomba kuba isoko inyuzwamo ibitekerezo byubaka.

Kuri we ngo uburezi bw’ubu butandukanye n’ubwo hambere ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko abarimu b’ubu ‘bazi ubwenge’ .

Ngo bazi ubwenge kandi bakora ubushakashatsi, bakaba bagira uruhare mu gutanga uburere bwiza.

Ati: “ Abarimu b’ubu bazi ubwenge, kandi bakora ubushakashatsi …”

Haracyari ikibazo cy’abarimu bahembwa nabi…

Dr Rose Mukankomeje

Icyakora hari undi muyobozi mu rwego rw’uburezi uvuga ko ikibazo cy’umushahara utameze neza ari imbogamizi ku ireme ry’uburezi mu Rwanda.

Uwo Muyobozi  ni uw’Inama y’Igihugu ishinzwe amashuri makuru na za Kaminuza, High Education Council, Dr Rose Mukankomeje mu mpera z’umwaka wa 2020 wigeze kuvuga ko kimwe mu bintu bituma ireme ry’uburezi riba ribi ari uko hari abarimu badahembwa neza nabo ntibigishe neza.

N’ubwo Dr Mukankomeje yibanze ku barimu bigisha amashuri makuru na za Kaminuza, ariko iki ni ikibazo kiri no mu mashuri abanza n’ayisumbuye.

Ati: “Kimwe mu bintu bituma uburezi butamera neza ari uko hari abafunguraga ishuri badafite ibyangombwa byose[yavugaga Kaminuza zigenga], bagasaba ko baba bihanganiwe, umwarimu ntahembwe neza, nawe ntiyigishe neza.”

TAGGED:AmashurifeaturedMinisiteriUbureziUwamariya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Myaka Miliyoni 20 Ishize Umuntu Yari Afite Umurizo
Next Article Uko Polisi Yagaruje Miliyoni 3 Frw Zibwe Mu Modoka i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?