Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ethiopia: Nyuma Ya Tigray Haratutumba Indi Ntambara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ethiopia: Nyuma Ya Tigray Haratutumba Indi Ntambara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2023 2:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta zimwe zigize Ethiopia ziravugwamo abantu bishyize hamwe bakora igisirikare cyabo k’uburyo ubutegetsi bw’i Addis Ababa bwarahiriye gusenya abo bigize ‘kagarara.’

Ethiopia ni igihugu kinini kigizwe na Leta nto 11.

Izi Leta zemererwa n’Itegeko nshinga kugira Polisi yo gutuma aho hantu haba umutuzo ariko iyo Polisi igakorera ku mabwiriza aturuka kuri Guverinoma nkuru igenga igihugu.

Mu myaka 15 ishize ni uko ibintu byakorwaga kandi nta kibazo byateye Guverinoma.

Ku rundi ruhande ariko, mu gihe intambara iherutse koreka ingogo muri Tigray ariko ikaba iherutse gusa n’aho yarangiye, ku rundi ruhande hari abantu bo mu zindi Leta zigize Ethiopia bishyize hamwe bakora icyo bamwe bise ‘igisirikare gikorera mu kindi’.

Ibi byarakaje ubutegetsi bwa Ethiopia k’uburyo Minisitiri w’intebe  Abiy Ahmed yarahiriye ko iyi mitwe itazatera kabiri.

Abiy avuga ko Ethiopia itazagirwa akajagari n’abantu bashaka kuba ba rusahurira mu nduru, ngo buririre ku bibazo bimaze iminsi muri Tigray bityo bumve ko bagira igihugu akajagari.

Hari amakuru avuga ko abenshi mu bafashe intwaro ari abo mu bwoko bw’ama Amhara bashinja ubutegetsi bwa Addis Ababa ubugambanyi.

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed

Abo barwanyi bavuga ko kuba barafashije ingabo za Ethiopia gutsinda abantu bo muri Tigray none ubutegetsi bukaba bwaragiranye nabo amasezerano y’umubano uturutse ku bwumvikane ari ubugambanyi batakwihanganira.

Abo muri Amhara bavuga ko byari bube byiza iyo babatsinda burundu, aho kumvikana nabo.

Abiy we yavuze ko nibiba ngombwa azatangiza intambara kuri abo bantu kugira ngo abace intege barekere aho guhungabanya ubumwe bw’abatuye Ethiopia.

TAGGED:AbaturageAbiyAmharaEthiopiafeaturedIntambaraIntebeMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umumotari Yahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 4000 Arayanga
Next Article Macron Yasabye Uburayi Kudakomeza Gutegera Amaboko Abanyamerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?