Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Fatouma Ndangiza Yasabye Uhagarariye DRC Muri EALA Kudasebya u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Fatouma Ndangiza Yasabye Uhagarariye DRC Muri EALA Kudasebya u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2023 8:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Nteko rusange y’Abagize Inteko ishinga amategeko ya EAC( EALA) iherutse guterana, uhagarariye Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Evariste Kalala yashinje u Rwanda gusahura igihugu cye, uruhagarariye yo ari we Hon Fatouma Ndangiza arahaguruka amusaba kudakomeza iyo mvugo y’ibinyoma.

Kalala yatangaje ko igihugu cye kidashobora gukomeza kuguma mu Muryango u Rwanda rubamo.

Atanga impamvu z’uko ngo rukomeje gutera DRC rubinyujije muri M23.

Ibyo avuga u Rwanda rwabyamaganye kuva kera, ruvuga ko ntaho ruhuriye n’ibibera muri DRC ahubwo ko ari ikibazo cy’imiyoborere y’iki gihugu iheza bamwe mubo cyabyaye.

Mu gutanga ikirego cye, Depite Kalala yagize ati: “ Uyu munsi hari abantu benshi muri DRC bari kwicwa, kandi hari umutungo kamere w’igihugu cyacu uri gusahurwa n’igihugu kitwa ko turi kumwe muri uyu muryango.”

Ubwo yitsaga, Hon Fatouma Ndangiza uhagarariye u Rwanda muri EAC yahise ahagaruka yaka ijambo ararihabwa.

Yaboneyeho gusaba Hon Evariste Kalala kudakomeza gushinja u Rwanda ibinyoma.

Ndangiza yagize ati: “ Ntibikwiye ko umwe muri twe ahagurukana ingingo ishingiye ku bivugwa bidafitiwe gihamya ngo asebye igihugu gifite ubusugire.”

Undi uhagarariye DRC witwa François Ngate Mangu nawe yunze mu rya mugenzi we mu gushinja u Rwanda ibyo gutera igihugu cye.

Video yashyizwe kuri X n’ikinyamakuru NTV, yumvikanamo Evariste Kalala avuga ko niba EAC idakemuye icyo kibazo,  DRC izanzura kuva muri uyu muryango.

Ku rundi ruhande, bamwe mu bahagarariye ibihugu byabo muri uriya muryango bavuze ko ibyo DRC ivuga by’uko izava muri EAC, bitari mu bigize indangagaciro  za EALA kubera ko iby’iyi Nteko ari gushyiraho amategeko agenga umubano w’ibihugu biyigize.

Muri bo harimo Hassan Hassan Omar uhagarariye Kenya na Abdullah Makame uhagarariye Tanzania.

TAGGED:AmategekoEALAfeaturedIntekoNdangiza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mika: Robo Y’Umugore Ya Mbere Ku Isi Iyobora Ikigo Cy’Ubucuruzi
Next Article Imihanda Y’I Musanze Yangiritse Itamaze Kabiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?