Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I Musanze bati : ‘Turarembye cabinet itudohorere idushyire 8h00 pm nk’abandi’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

I Musanze bati : ‘Turarembye cabinet itudohorere idushyire 8h00 pm nk’abandi’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2021 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere tariki 04, Mutarama, 2021, mu masaha akuze Inama y’Abaminisitiri iraterana yongere isuzume uko icyorezo COVID-19 gihagaze mu Rwanda bityo ifate izindi ngamba. Iziheruka zasize zemeje ko abatuye i Musanze bazajya baba bari mu ngo zabo saa moya z’ijoro , abandi bose bakaba bari mu ngo zabo saa mbiri. Ab’i Musanze baratakamba.

Kuba abaturage b’i  Musanze bagomba kuba bari mu ngo zabo bitarenze saa moya, byababereye umutwaro, bamwe bakemeza ko nta muntu ushobora kumenyera isaha ya saa moya kandi atuye mu mujyi.

Hari abatubwiye ko kujya i Musanze uturutse i Kigali bisaba ko wica umubyizi kuko iyo ukatishije tike muri Nyabugogo ukayikarisha urengeje saa kenda z’amanywa(3h00 pm) byanze bikunze urara muri Stade.

Bifuza ko Inama y’Abaminisitiri yaza guca inkoni izamba, ikemeza ko abatuye Musanze nabo bajya baba bari mu ngo zabo saa mbiri z’ijoro nk’uko bimeze n’ahandi mu Rwanda.

Etienne Mwumvaneza atuye kandi akorera mu Mujyi wa Musanze.

Yabwiye Taarifa ko Musanze igomba gufatwa n’utundi turere tw’u Rwanda abayituye bagashyirirwaho isaha yo kuba bari mu ngo zabo itari mu nsi y’iyo abandi Banyarwanda bashyiriweho.

Ati: “Nk’umuntu uba Musanze ndifuza ko natwe badushyira saa mbiri. Kibe icyemezo kireba igihugu cyose, ntibaduye umwihariko nk’aho tutari Abanyarwanda nk’abandi.”

Avuga ko kubera ko abantu bose batuye i Musanze  ‘bategetswe’ kuba bari mu ngo zabo  bitarenze saa moya, iyo imodoka itwara abagenzi igeze ku Mukamira ntiba igikomeje igana i Musanze kuko yagerayo saa moya zageze kandi bitemewe.

Ibi bivuze ko hari abagenzi barara nzira.

Undi witwa Aline Rwatangabo ukorera nawe i Musanze asaba Leta kuza kubadohorera kuko ubucuruzi bwabo bwahombejwe no gutaha kare kandi baba bazasora.

Rwatangabo avuga ko saa moya yabigishije, bakaba baramenye ko bagomba kwirinda kugira ngo badakomeza kwandura bityo agasaba ko Inama y’Abaminisitiri yo kuri uyu wa Mbere tariki 04, Mutarama, 2021 yaza guca inkoni izamba ikabashyira ku isaha abandi Banyarwanda batahira.

Yagize ati: “ Ndakubwiza ukuri ko Saa moya yatwigishije. Nibatudohorere, rwose twarakubititse.”

Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 14 Ukuboza 2020, yahinduye zimwe mu ngamba n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Yashyizeho amasaha y’ingendo ubusanzwe yari amaze iminsi agena ko kugera mu rugo ari saa yine z’ijoro (22:00).

Ibyemezo by’iriya Nama y’Abaminisitiri, byavugaga ko hagati ya tariki 15 na 21 Ukuboza 2020, ingendo zibujijwe kuva saa tatu z’ijoro (21:00) kugeza saa kumi za mu gitondo (04:00) .

Guhera tariki 22, Ukuboza, 2020 hashyizwemo umwihariko wo kugera mu rugo saa mbiri z’ijoro (20:00), mu mujyi wa Kigali ariko i Musanze biguma kuba saa moya z’ijoro(7h00 pm).

COVID-19 iracyica abantu…

Kuri uyu wa Mbere nibwo umubare w’Abanyarwanda bamaze kwicwa na kiriya cyorezo warenze 100 baba 101.

Minisiteri y’ubuzima yihanganishije ababuze ababo, igasaba abantu gukomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda kiriya cyorezo harimo kwambara neza agapfukamunwa n’amazuru, guhana intera ahahurira abantu benshi, gukaraba intoki neza no kuba abantu bari mungo zabo bitarenze amasaha twavuze haruguru yagenwe n’Inama y’Abaminisitiri.

Ibyemezo biheruka ni uko byabigennye
TAGGED:AbaminisitiriCOVID-19featuredInamaMusanze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzu ya 500.000 Frw i Karongi, Intego y’umunyonzi uhakorera|| Inzozi ni ukuba umuyobozi
Next Article Miss Uwihirwe Yassip ‘yagizwe Ambasaderi’ mu Mujyi wa Nigeria
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?