Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiciro Ku Isoko Ry’u Rwanda ‘Byaratumbagiye’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ibiciro Ku Isoko Ry’u Rwanda ‘Byaratumbagiye’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 February 2022 9:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare itangazwa n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ibarurishamibare, NISR, ivuga  ko mu ntangiriro z’uyu mwaka(muri Mutarama, 2022) ibiciro byazamutse bikaba bigeze ku kigero cya 4.3% mu gihe umwaka ushize mu gihe nk’iki ibiciro byari 1.9%.

Hari abahanga babwiye RBA ko kugira ngo ibiciro bisubire uko byahoze, bizaba ngombwa ko ibikorerwa mu Rwanda byiyongera bityo rukinjiza amadevize menshi ugereranyije n’ayo rusohora rutumiza ibikoresho hanze.

Ikibabaje ni uko bimwe mu bintu byazamuye ibiciro harimo n’ibiribwa.

Gusa bivugwa ko kimwe mu byatumye ibiciro bizamuka ku isoko ari uko ingamba zo kwirinda COVID-19 zatumye ikiguzi cy’ubwikorezi kizamuka, kandi ibyatumijwe hanze bigatinda kugera aho bicyenewe bityo bigatuma igiciro kizamuka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi bivuze ko u Rwanda rushoboye gukora byinshi mu byo rucyenera byatuma amafaranga rukoresha rubitumiza hanze agabanuka kandi abacuruzi barwo ntibategereze ko ibicuruzwa bibageraho kuko bibatinza bikagira ingaruka ku bucuruzi n’ibiciro bikazamuka, umuguzi akabigenderamo.

Izamuka ry’ibiciro mu mijyi rishingiye ku kuba ibinyobwa n’ibiribwa bidasembuye byarazamutse ku kigereranyo cya 4,5%, ibiciro by’inzu, amashanyarazi, gaz n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 2,6%, n’aho ubwikorezi bwiyongereyeho 4,7%.

Imbonerahamwe yerekana uko ibiciro bihagaze muri iki gihe(Source: NISR)

Ku byerekeye ibinyobwa bisembuye, hari abaturage barimo n’abacuruzi baherutse kubwira Taarifa ko kubona Mutzig byaba imari ikomeye.

Mu tubutiki aho yaguraga Frw 1000 mu mpera z’umwaka wa 2021, ubu igura Frw 1200 mu gihe hashize igihe gito umwaka wa 2022 utangiye.

Mu Karere ka Gatsibo umucuruzi witwa Christine Nyiramariza we yatubwiye ko na Primus zabuze.

- Advertisement -

Nyiramariza yagize ati: “ Inaha biragoye cyane kubona Primus. Ibona umugabo igasiba undi.”

Igiciro cya Mutzig cyarazamutse cyane

Avuga ko iyo yohereje umuntu ngo ajye kuzimurangurira, agaruka amubwira ko ‘ntaziheruka kugera kuri depôt.’

Hari umucuruzi witwa Emmanuel Nsengimana ukorera  mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali wabwiye Taarifa ko umwaka ushize wa 2021, ikaziye ya Mutzig nini bayiranguraga Frw 10,200 ariko kuva umwaka wa 2022 watangira, basigaye bayirangura Frw 10,500.

Yatubwiye ko mu mpera z’umwaka wa 2021, ikaziye ya Mutzig nto yaranguraga Frw 10,500 ariko kuva umwaka wa 2022 watangira, ikaziye ya Mutzig nto bayirangura hagati ya Frw 12,500 na Frw 13,000.

Ingaruka bigira ngo ni uko abakunzi ba Mutzig bayireka bakagura Skol kuko yo igura Frw 1000 icupa rinini n’aho icupa rito  rikagura Frw 500.

Hagati aho ariko na Skol yaguraga Frw 1000 ku kabutiki, ubu iragura Frw 1200.

Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare kivuga ko mu cyaro, muri Mutarama 2022 ibiciro byagabanutseho 0.8% kuko mu Ukuboza 2021 ibiciro byari ku kigereranyo -4,7% munsi ya zero, iri gabanika ry’ibiciro mu cyaro ryashingiye ku igabanuka ry’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byagabanutseho 5.8%.

Muri rusange kuva muri Mutarama, 2022, ibiciro byiyongereyeho 1.3% kuko mu Ukuboza umwaka ushize byari kuri -2% munsi ya zero.

TAGGED:featuredIbicuruzwaIbiribwaIkigoImibareInzogaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Burera Umuturage Yafashwe Yagiye Mu Kabari Kandi Yanduye COVID
Next Article Umugaba W’Abarwanyi Bazengereje Cabo Delgado Ni Muntu Ki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?