Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyuho Mu Ikoranabuhanga Mu Bana Bo Muri Afurika Kigomba Gucika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Icyuho Mu Ikoranabuhanga Mu Bana Bo Muri Afurika Kigomba Gucika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2023 3:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubusumbane ubwo ari bwo bwose bushegesha umuntu cyangwa abantu batsikamiwe. Ni ikibazo kigaragara no mu myigire y’abana bo muri Afurika cyane cyane iyo munsi y’Ubutayu bwa Sahara batabona ikoranabuhanga nkenerwa ngo bige neza.

N’ubwo na mbere hose ubusumbane mu kugira ikoranabuhanga n’ibikoresho byarwo bwari ho, abana bo muri Afurika barushijeho gusigara inyuma muri iyi nzira nyuma y’uko COVID-19 yadutse ku isi mu mpera z’umwaka wa 2019.

Gutekereza ku gihombo ibi bitera abana no kurebera hamwe icyakorwa ngo bicike, ni ingenzi muri iki gihe ndetse cyane cyane  kuri iyi taliki ya 16, Kamena, 2023 umunsi isi izirikana umwana w’Umunyafurika.

Kimwe mu bikoresho by’ikoranabuhanga bifasha abana kwiga no kwaguka mu bumenyi ni telefoni zigendanwa kandi zikoresha murandasi.

Uretse n’uko ikoranabuhanga rikiri ku rwego rwose, abana benshi bo muri Afurika ntibaramenya gusoma no kwandika k’uburyo imibare yerekana ko umwana umwe(1) mu bana icumi(10) ari we ubizi.

Kugira ngo ibi bizacike mu gihe kirambye, ni ngombwa ko urubyiruko rw’ubu( ni ukuvuga ababyeyi b’ejo hazaza) rwigira mu mashuri afite ikoranabuhanga ribafasha kwagura ubumenyi mu nzego zitandukanye.

Abakora igenamigambi bavuga ko 90% by’imirimo izaba ikorwa mu myaka 10,20,… iri imbere izaba ikenera ibyuma by’ikoranabuhanga.

Ikibabaje ni uko aho isi igeze  usanga henshi muri Afurika abantu bakigira ku bibaho n’ingwa, amakayi n’amakaramu bya kera n’ibindi byerekana ko uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga bukiri kure.

N’ubwo 63% by’abatuye Afurika bafite telefoni zigendanwa kandi zishobora kwakira murandasi, abazikoresha mu kwiga cyangwa kwigisha abana babo ni mbarwa!

UNICEF na AIRTEL Africa bafite umuti…

Ibibazo bivuzwe haruguru n’ibindi bisa nabyo hari umuti wabishakiwe.

Ni umuti ushingiye ku bufatanye hagati y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, n’ikigo gitanga serivisi z’itumanano n’ikoranabuhanga, Airtel Africa.

Impande zombi ziri gukorana kugira ngo, mu gihe runaka, ubuke bw’ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ubumenyi bujyana nabyo, bizabe ari ikibazo cyabonewe umuti.

Kuba Airtel Africa iri henshi muri Afurika kandi igatanga murandasi bituma gukorana na UNICEF mu rwego rwo guha abana ikoranabuhanga bitanga umusaruro ugaragara.

Airtel Africa yamaze guteganya miliyoni $57 zo kugura ibikoresho by’ikoranabuhanga bigenewe abana cyangwa se amwe muri ayo mafaranga agahabwa ababarera kugira ngo abe ari bo babagurira ibyo babona ko bakwiye koko.

Ni umushinga w’imyaka itanu izakorerwa muri Chad, Congo-Brazzaville, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Gabon, Kenya, Madagascar, Malawi, Niger, Rwanda, Tanzania, Uganda na Zambia.

Muri buri gihugu, Airtel na UNICEF bakorana na Minisiteri y’uburezi kugira ngo imirimo yabo itazamo kugongana no gutatanya imbaraga.

Ni imikoranire igamije ko mu gihe kitarambiranye, abahanga mu ikoranabuhanga bo muri Afurika, bazaba ari bo bateza imbere uyu mugabane binyuze mu mishinga bahanze kubera ubumenyi mu ikoranabuhanga babonye bakiri bato.

Icyitonderwa: Iyi ni inyandiko ya Emeka Oparah  na Mahamed Malik Fall  Taarifa yashyize mu Kinyarwanda.

Emeka Oparah, Umuyobozi wungirije muri Airtel Africa ushinzwe abakozi n’imikoranire y’inzego ( Ifoto@ Alin Constantin)
Mahamed Malik Fall ushinzwe UNICEF ku rwego rw’Afurika.
TAGGED:AbanaAirtelfeaturedImishingaUNICEF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yavuye Mu Bitaro
Next Article Kuzigama Ubwabyo Ni Ishoramari- Umuyobozi Wa Banki Ya Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?