Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikibazo Cy’Umubyibuho Ukabije Mu Banyarwandakazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Ikibazo Cy’Umubyibuho Ukabije Mu Banyarwandakazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2024 3:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Si mu bihugu byateye imbere gusa umubyibuho ukabije ugaragara nk’ikibazo kuko no mu bihugu bikize naho ari uko bimeze. Ni ikibazo kibasiye abagore bo mu mijyi kandi bize.

Umubyibuho ukabije akenshi uzanwa n’imibereho ya muntu cyane cyane abantu baba mu bihugu bikize aho abantu barya cyangwa bakanywa ibintu bikungahaye ku ntungamubiri ariko ntibakore imyitozo ngororamubiri.

Imitsi y’abantu babyibushye cyane ihura n’ibibazo bishingiye ku binure byinshi bityo amaraso ntayitemberemo neza.

Ibi bigira ingaruka kuko bitera abantu indwara zifata umutima n’imitsi ndetse n’izindi nyama z’umubiri zikazahara.

Umuntu ubyibushye cyane araremera bigatuma kugenda ahantu hato bimusaba imbaraga nyinshi bityo akavunika.

N’ubwo iki kibazo kiri henshi mu Burayi no muri Amerika, mu Rwanda naho si shyashya.

Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima bwiswe “Rwanda Demographic Health Survey” bwasanze Abanyarwandakazi bo mu mijyi bafite ibyago byinshi byo kubyibuha cyane ku kigero cyo hejuru.

N’ikimenyimenyi ubushakashatsi bwakorewe ku bagore n’abakobwa bafite hagati y’imyaka 15  n’imyaka  49 bwagaragaje ko abagore bangana na 68% bafite ibilo bisanzwe, 6% bafite ibilo bike (bananutse cyane) mu gihe abafite umubyibuho ukabije ari 23,3%.

Byanagaragaye ko umubare w’abagore bananutse ugabanuka kuko mu mwaka wa 2005 bari ku 10% n’aho mu mwaka wa 2015 baragabanuka baba 7%.

Imyaka itanu nyuma y’aho ni ukuvuga mu mwaka wa 2020 bagabanutseho 1% baba 6%.

Birumvikana ko umubare w’abananutse wagabanutse n’aho uw’ababyibushye uriyongera.

Mu mwaka wa 2005 abagore babyibushye bavuye kuri 12% bagera kuri 16%, aho ni mu mwaka wa 2010.

Uwo mubare wakomeje utyo kuko hagati y’umwaka wa 2014 n’umwaka wa 2015 bageze kuri 21% naho mu mwaka wa 2019/2020 bagera kuri 26%.

Umubyibuho ukabije ugaragara cyane mu bagore bize n’abakize kurenza abatarize n’abakennye.

Abanyarwandakazi batize nibura abagera kuri 22% nibo bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije, mu gihe bagenzi babo bize nibura amashuri yisumbuye gusubiza hejuru abagera kuri 52%  bafite iki kibazo.

Ku bijyanye n’amikoro, byagaragaye ko 13% by’abagore bekennye ari bo bafite umubyibuho ukabije, mu gihe 44% by’abakize ari bo bafite iki kibazo, ni ukuvuga ikinyuranyo cya 31%.

Iki kibazo kinagaragara no ku bagore bo mu mijyi kurenza abo mu cyaro kuko bamwe bari kuri 42% mu gihe abandi bari kuri 22%.

Abagore b’i Kigali baba bafite ibyago bingana na 43% byo kuzahura n’umubyibuho ukabije mu gihe abo mu Ntara bo biba biri hagati ya 20% na 27%.

Kugira ngo iki kibazo kirindwe, abagore bagirwa inama yo kumenya ibyo barya ibyo ari byo ndetse n’ingano yabyo.

Umubyibuho ukabije hari abawita ubusirimu ariko mu by’ukuri ni ikibazo cyugarije benshi mu bakire kandi bize.

TAGGED:AbanyarwandakazifeaturedIbiloIkigoImiberehoMinisiteriUmubyibuho
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Azahurira N’Intamba Ku Rugamba Z’Uburundi Mu Mukino Uzabera Muri Madagascar
Next Article U Rwanda Rurasaba Afurika Yunze Ubumwe Kudashyigikira SADC Mu Kibazo Cya DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?