Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyubako Yo Kwita Ku Babyariye Mu Bitaro Bya Kibagabaga Igeze Kure Yuzura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Inyubako Yo Kwita Ku Babyariye Mu Bitaro Bya Kibagabaga Igeze Kure Yuzura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 May 2024 9:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abubaka inyubako izaha ababyeyi serivisi mu bitaro bya Kibagabaga bavuga ko igeze kure yuzura.

Iyo nyubako iri kubakwa ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Ububiligi mu kitwa Cooperation Belge.

Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe ubufatanye mpuzamahanga Enabel na Minisiteri y’ubuzima nibo bakurikirana iby’iyo nyubako.

Abubaka iyo nyubako bavuga ko niyuzura izaba ifite ikoranabuhanga ryo kwita ku bana bavutse igihe kitageze kandi ababyeyi babyaye bakaba bari kumwe n’abarwaza hafi yabo.

Ni inzu izaba igeretse gatatu kandi ikazaba ari ikitegererezo mu Rwanda mu gutanga serivisi zo gufasha ababyeyi babyaye.

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kibagabaga buvuga ko biriya bitaro nibyuzura bizaba inyunganizi nini mu gufasha ababyeyi babigana baje kubyara.

Ibi bitaro bizaba byuzuye mu mezi make asigaye

Bizaba bifite ibitanda 200 byo kwita ku babyeyi bahabyariye.

Mu mwaka wa 2025 muri Werurwe ni bwo izaba yuzuye.

Ubufatanye hagati y’u Rwanda n’ubwami bw’Ububiligi mu rwego rw’ubuzima bwari bumaze igihe kandi hari indi igomba kuzakomezamo ubwo bufatanye.

Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Minisiteri y’ubuzima Julien Niyingabira asaba abaturage kwitabira kugana ahari Ibikorwaremezo by’ubuzima byabashyiriwehp kugira ngo bibagirire akamaro.

Julien Niyingabira

Ati: “Abaturage bakwiye kugana ibyo bikorwa remezo kugira ngo bibagirire akamaro kuko nibo bishyirirwaho”.

Dr. Kiza Francois Regis uyobora agashami gashinzwe porogaramu zo kwita ku buzima by’ababyeyi n’abana mu mavuriro muri RBC , nawe avuga ko hari gahunda y’imyaka irindwi yari isanzwe ifitwe na Leta yo kwita ku bana n’ababyeyi.

Kugira ngo izo gahunda zose zigerweho byagizwemo uruhare n’abafatanyabikorwa barimo na Enabel nk’urwego ruhagarariye Ubwami bw’Ububiligi mu mishinga itandukanye.

Ashima ko ubwo bufatanye bwatumye ibigo nderabuzima bizamura urwego rwabyo, biva ku bigo bisanzwe bigera ku rwego rwisumbuye mu guha abagore batwite n’abana serivisi zigezweho.

Umuyobozi wari ruhagarariye Ambasade y’Ububiligi Laurent Preu d’Homme ashima umusaruro uva mu mikoranire hagati ya Leta y’u Rwanda n’Ubwami bw’Ububiligi kandi akemeza ko iyo mikoranire izakomeza.

Ubufatanye hagati y’u Rwanda n’Ububiligi muri uyu mujyo kandi watumye hagurwa inzu y’ababyeyi yo mu bitaro bya Muyanza mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo.

Umuyobozi wabyo witwa Mediatrice Mutuyimana ashimira ababafashije kubyagura, akavuga ko byatumye ababyeyi babyarira ahantu hasa neza kandi hisanzuye.

Mutuyimana Mediatrice

Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda y’ uko abana bavuka bakura ntawe upfuye kandi bikaba no kuri ba Nyina.

TAGGED:AbabyeyifeaturedIbitaroInyubakoInzuMinisiteriUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Iki Cyateje Ibibazo Bya Murandasi Mu Rwanda No Mu Karere?
Next Article Basanze Imbunda Kwa Depite Barikana Eugene 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?