Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inzara Irembeje Abirabura B’Abimukira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inzara Irembeje Abirabura B’Abimukira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2023 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amahanga ararebera ikibazo gikomeye kiri ku Birabura Tunisia yanze kwakira ku butaka bwayo, ikabashyira ku bundi butagira nyirabwo aho bari kwicirwa n’inzara.

Abo birabura baratakambira amahanga kubatabara kuko inyota iterwa n’ubushyuhe bari aho bashyizwe,  ikomeje kubazonga.

The New York Times yanditse ko ikibabaje kurusha ho ari uko ibi byakozwe ku bwumvikane n’Abanyaburayi basabye Tunisia gukumira ko abimukira bayicamo bakajyayo.

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi wemereye Tunisia inkunga ifatika niramuka itunganyije iyo gahunda.

Si The New York Times gusa ivuga ko Tunisia iri gukorera ibya mfura mbi abimukira bava muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara ahubwo na Human Rights Watch nayo ni uko.

Uyu muryango uvuga ko abashinzwe umutekano muri Tunisia bakubise imigeri n’ibindi bikoresho bya gisirikare abimukira k’uburyo hari bamwe bavunitse  amaguru ubu bakaba barananiwe kweguka.

Kuteguka byiyongera ku nzara ibabaga amagara ibintu bikarushaho kubabana agatereranzamba.

Abirabura birukanywe muri Tunisia boherejwe ku butaka buturanye na Tunisia ariko butagira nyirabwo( no man’s land) buri hagati ya Libya na Algeria.

Abenshi boherejwe hariya hantu bavuye mu Mujyi wa Sfax, hakaba hari mu ntangiriro za Nyakanga, 2023.

Hagati aho kandi hari amasezerano y’ubufatanye hagati y’Uburayi na Tunisia agenga uko iby’abimukira badakurikije bacungwa.

Muri ayo masezerano kandi harimo ibyerekeye ubufatanye mu by’ubukungu no guteza imbere imbaraga zisubira.

Kubera ko Tunisia ari igihugu kiri mu marembo y’Uburayi hari abimukira bashaka kuyicamo ngo binjire mu Burayi baciye mu kirwa cya Lampedusa kiri mu Butaliyani.

Ni urugendo rw’Ibilometero 130 gusa.

Perezida wa Tunisia witwa Kais Saied aherutse kuvuga ko adashobora kwemera ko Abirabura bo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara bakomeza kuza mu gihugu cye kuko ari bo bakurura urugomo n’ibindi byaha avuga ko bidasanzwe muri iki gihugu cyahoze kitwa Carthage kera cyane.

TAGGED:AbimukiraBurayifeaturedPerezidaTunisiaUburayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Barakaye Batwika Ambasade Ya Suwede
Next Article APR FC Nayo Yazanye Abatoza Bashya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?