Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inzara Irembeje Abirabura B’Abimukira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inzara Irembeje Abirabura B’Abimukira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2023 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amahanga ararebera ikibazo gikomeye kiri ku Birabura Tunisia yanze kwakira ku butaka bwayo, ikabashyira ku bundi butagira nyirabwo aho bari kwicirwa n’inzara.

Abo birabura baratakambira amahanga kubatabara kuko inyota iterwa n’ubushyuhe bari aho bashyizwe,  ikomeje kubazonga.

The New York Times yanditse ko ikibabaje kurusha ho ari uko ibi byakozwe ku bwumvikane n’Abanyaburayi basabye Tunisia gukumira ko abimukira bayicamo bakajyayo.

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi wemereye Tunisia inkunga ifatika niramuka itunganyije iyo gahunda.

Si The New York Times gusa ivuga ko Tunisia iri gukorera ibya mfura mbi abimukira bava muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara ahubwo na Human Rights Watch nayo ni uko.

Uyu muryango uvuga ko abashinzwe umutekano muri Tunisia bakubise imigeri n’ibindi bikoresho bya gisirikare abimukira k’uburyo hari bamwe bavunitse  amaguru ubu bakaba barananiwe kweguka.

Kuteguka byiyongera ku nzara ibabaga amagara ibintu bikarushaho kubabana agatereranzamba.

Abirabura birukanywe muri Tunisia boherejwe ku butaka buturanye na Tunisia ariko butagira nyirabwo( no man’s land) buri hagati ya Libya na Algeria.

Abenshi boherejwe hariya hantu bavuye mu Mujyi wa Sfax, hakaba hari mu ntangiriro za Nyakanga, 2023.

Hagati aho kandi hari amasezerano y’ubufatanye hagati y’Uburayi na Tunisia agenga uko iby’abimukira badakurikije bacungwa.

Muri ayo masezerano kandi harimo ibyerekeye ubufatanye mu by’ubukungu no guteza imbere imbaraga zisubira.

Kubera ko Tunisia ari igihugu kiri mu marembo y’Uburayi hari abimukira bashaka kuyicamo ngo binjire mu Burayi baciye mu kirwa cya Lampedusa kiri mu Butaliyani.

Ni urugendo rw’Ibilometero 130 gusa.

Perezida wa Tunisia witwa Kais Saied aherutse kuvuga ko adashobora kwemera ko Abirabura bo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara bakomeza kuza mu gihugu cye kuko ari bo bakurura urugomo n’ibindi byaha avuga ko bidasanzwe muri iki gihugu cyahoze kitwa Carthage kera cyane.

TAGGED:AbimukiraBurayifeaturedPerezidaTunisiaUburayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Barakaye Batwika Ambasade Ya Suwede
Next Article APR FC Nayo Yazanye Abatoza Bashya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?