Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yatwitse Bikomeye Aho Hamas Yarasiraga Roquettes
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Yatwitse Bikomeye Aho Hamas Yarasiraga Roquettes

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2023 3:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo za Israel zakoresheje intwaro ikomeye cyane mu gusenya ahantu Hamas ikunze gutereka ibisasu ikoresha irasa za roquettes muri Israel.

Intwaro iki gihugu cyakoresheje bazira Iron Sting, ugenekereje mu Kinyarwanda wazita ‘itopita ikozwe mu cyuma’.

Ni ibitero byo mu kirere iki gihugu gikomeje kugaba kuri Hamas mbere y’uko ibitero byo ku butaka bitangira.

Ikindi ingano za Israel ziri gukora ni ukurasa ahantu runaka zabonye ko abarwanyi ba Hamas bari kwisuganyiriza ngo bazahangane n’abasirikare ba Israel ubwo bazaba batangije ibitero byo ku butaka.

Umuvugizi mukuru w’ingabo za Israel witwa Rear Admiral Daniel Hagari yavuze ko ibi bitero bigomba kuba bikomeye k’uburyo abarwanyi bose bagomba kuba baracitse intege bikomeye mbere y’uko ibitero byo ku butaka bitangira.

Iki gisasu nicyo bita Iron Sting

Ku ruhande rwa Hamas, nabo bavuga ko hari ibifaro bya Israel baherutse gusenya ubwo byasanganga babiteze igico.

Abayobozi ba Palestine bakomeje gusaba amahanga kwiyama Israel kubera ko ngo ibikorwa iri gukora biri guhitana inzirakarengane.

Amakuru avuga ko kuri iki Cyumweru Israel yatangiye kurasa bikomeye muri Gaza ndetse ngo abaturage 400 bamaze kuhasiga ubuzima.

Ni igisasu kiremereye cyane cyasenye ahantu Hamas yarasiraga ibisasu bya roquettes

Israel yizeye ko nitangiza ibitero byo ku butaka, izaba ije kurangiza akazi yatangiye ku kurimbura Hamas burundu.

N’ubwo Israel ari yo ifite ingabo zikomeye mu Burasirazuba bwo Hagati, imaze igihe kirekire ihanganye n’abarwanyi ba Hamas n’aba Hezbollah bayibujije amahwemo.

Nta myaka 7 ishira iki gihugu kitagiye mu mirwano n’umwe muri iyo mitwe ishyigikirwa n’ibindi bihugu by’Abarabu cyane cyane Iran. 

Minisitiri w’ingabo za Israel mu nama n’abagaba bakuru bazo
TAGGED:AbaturagefeaturedImbundaIsraelPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meya Wa Karongi YEGUJWE
Next Article Ukekwaho Kwiba Telefoni Ya The Ben Agiye Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?