Ivuguruye: Kazungu Yakatiwe Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo

Abaturiye urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro n’abandi bose babiboneye umwanya baje kare aho uru rukiko rwubatse hafi y’Ibiro by’Akarere ka Kicukiro ngo baze kumva ikatwa ry’urubanza rwa Kazungu Denis ku ifungwa cyangwa ifungurwa ry’agateganyo. Hashize isaha n’iminota irenga 15 Kazungu ataragera ku rukiko.

Icyakora mu nyuma gato yahageze. Nyuma yo kwinjizwa mu rukiko, inteko iburanisha yanzuye ko akatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Ni ibintu bitamutunguye kuko ubwo yaburanaga by’ibanze yabwiye abacamanza ko umupira uri mu biganza byabo, ko badakwiriye kwemera ko ubacika.

Ubwo yageraga mu rukiko, ari ategerejwe n’abantu benshi aza arinzwe n’abapolisi bamuvana mu modoka ya RIB bamwinjiza vuba na bwangu rukiko.

Abanyamakuru  n’abaturage benshi bari bahuriye bamuvugiriza akaruru kubera ibyo ashinjwa byo kwica abantu umusubizo.

Icyumba ari busomererwemo kirinzwe n’abapolisi babiri bafite imbunda.

Rurasomerwa ku rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro

Urukiko rwavuze ko ibyagaragajwe n’Ubushinjacyaha bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora ibyaha akurikiranyweho.

Rwavuze ko aramutse arekuwe yabangamira iperereza, akaba yanagirira nabi abamutanzeho ubuhamya, bityo ko agomba gukurikiranwa afunze.

Ubwo yari ageze ku rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro

Mu masaha ya saa cyenda z’amanywa ashyira igicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri nibwo inteko iburanisha yari yateguye kuza kwanzura.

Aba bahagaze ku muryango ngo barebe uko ari bwinjizwe mu ngoro y’urukiko
Abanyamakuru n’abaturage basanzwe bahuruye
Nirwo rubanza rushishikaje Abanyarwanda kurusha izindi
N’abana bato baje kureba uwo muntu uvugwaho kwica abandi umusubizo

Ibitekerezo By’Abanyarwanda K’Ukuba Kazungu Yaburanira Mu Muhezo

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version