Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iyo Polisi Ifatanyije Na Minisanté Kurwanya Ibiyobyabwenge Biba Bigamije Iki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Iyo Polisi Ifatanyije Na Minisanté Kurwanya Ibiyobyabwenge Biba Bigamije Iki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2023 9:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuzima ifatanyije na Polisi y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bwo kwibutsa urubyiruko ububi bw’ibiyobyabwenge. N’ubwo ari uko bimeze, hari abibaza niba urubyiruko rw’ubu rwiyumvisha ko ubuzima bufite agaciro cyangwa rubona ko ‘hapfa uwavutse’.

Ibiyobyabwenge ni ikibazo gikomeye ku buzima bwa muntu kubera ko n’ubushakashatsi bwerekana ko abantu babikoresheje igihe kirekire bibatera indwara zo mu mutwe.

Bigira uruhare rutaziguye mu gutuma ubukene buba karande k’umuntu ubikoresha, kandi bikaba byatuma aba ikibazo muri bagenzi be kubera urugomo, gufata abagore ku ngufu cyangwa guhohotera abana.

Abarwayi bo mu mutwe benshi baba barabaswe n’ibiyobyabwenge hakiri kare, bigakura bigatuma imikorere y’ubwonko bwabo ita umurongo.

Ikindi cyagaragajwe n’ubushakashatsi buherutse gutangazwa n’ibitaro bivura indwara zo mu mutwe by’i Ndera ni uko abatuye Umujyi wa Kigali ari bo benshi barwaye mu mutwe.

Abagabo nibo bibasirwa kurusha abagore, bagaterwa akenshi ni uko ari bo bakunda kunywa inzoga nyinshi kandi no mu biyobyabwenge nibo bakunda kubifatirwamo.

Hejuru y’ibi hakiyongeraho ibibazo by’ingo, ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibindi.

Ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubuzima ni ingenzi.

Minisiteri y’ubuzima ifite ubutumwa bw’uko iyo ukoresheje ibiyobyabwenge bikwicira ubuzima kubera ingaruka bigira ku mubiri no ku bwonko bw’ubikoresha.

Polisi yo ibwira abantu ko amategeko abuzanya gucuruza, gukwirakwiza cyangwa gukoresha ibiyobyabwenge mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Yongeraho ko nufatwa uri kubikoresha cyangwa ukabikekwaho, uzafungwa ukagezwa imbere y’ubutabera.

Izi mpamvu tuvuze haruguru zishobora kuba ari zo zatumye insanganyamatsiko y’ubukangurambaga mu kwirinda ibiyobyabwenge yaraye itangijwe yarahawe insanganyamatsiko igira iti: ‘Ikunde, ibiyobyabwenge byangiza ubuzima, tubyirinde’.

Kuri Club Rafiki aho bwatangirijwe, hari abanyeshuri bari baturutse mu bigo by’amashuri bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr. Yvan Butera yabwiye urubyiruko ko rukwiye kujya rwamaganira kure abashaka kurusomya ku biyobyabwenge.

Yababwiye ko iyo umuntu yirinze ibiyobyabwenge, agira ejo heza.

Yarabwiye ati: “ Muracyari bato, bagifite igihe kinini cyo kubaho n’inzozi z’ibyo mugomba kugeraho ariko kugira ngo muzabashe kubigeraho ni uko muzaba mwirinze gukoresha ibiyobyabwenge”.

Dr. Yvan Butera

Polisi iti: ‘ Muduhe amakuru ku babigurisha’

Nk’uko biri mu nshingano zayo, Polisi y’u Rwanda ifata abica amategeko.

Icyakora iba yabanje kuburira abantu binyuze mu bukangurambaga butandukanye, burimo n’ubwo kwirinda ibiyobyabwenge.

Iyo ababwirwa batumva, biba ngombwa ko amategeko akurikizwa mu rwego rwo kwanga ko umuco wo kudahana wahabwa intebe mu Rwanda.

Mu ijambo yagejeje ku rubyiruko rwari rwaje kumva buriya bukangurambaga, Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, Komiseri w’ishami rya Polisi rishinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage( community policing), yashishikarije urubyiruko kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge rutanga amakuru ku babigurisha.

CP Munyambo ati: “Uretse ingaruka zikomeye ibiyobyabwenge bigira ku buzima, binakururira imiryango amakimbirane, bikaba intandaro y’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi byaha bitandukanye bikorwa ahanini n’urubyiruko”.

Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo

Avuga ko uruhare rw’urubyiruko n’abandi Banyarwanda muri rusange, ari uguha Polisi amakuru y’abica amategeko kugira ngo ibakurikirane.

Umubyeyi ntakibagirane…

Ubufatanye bwa Polisi na Minisanté ni ingenzi ariko umubyeyi nawe agomba kugira uruhare mu kubwira umwana we ko ibiyobyabwenge bizamwangiza.

N’ubwo igihe kinini abanyeshuri bakimara bari kumwe n’abarezi, ni ngombwa ko ababyeyi nabo babaganiriza mu gihe cyose babonye umwanya.

Iyo umubyeyi aganirije umwana ku bintu bitandukanye azahura nabyo mu buzima, aba amutegurira kuzahangana nabyo.

Ikindi ababyeyi baba bagomba gufashamo abana babo ni ukumenya guhitamo inshuti.

Ababyeyi bagomba kuganiriza abana babo ku bibi by’ibiyobyabwenge bakiri bato

Kimwe mu bintu bituma urubyiruko rubatwa n’ibiyobyabwenge ni urungano bagendana.

Uwo mungana agushuka mu buryo bworoshye kuko nta bwenge uba umurusha.

Amahirwe y’umuntu ukiri muto ni ukugira ababyeyi beza n’urungano ruzima.

Kwigisha ni uguhozaho kandi igiti kigororwa kikiri gito.

Inzego zose zigomba gukorana kugira ngo urubyiruko rurindwe ibintu byose byazatuma rwicuza.

Abanyarwanda baca umugani ugira uti: “ Ntacyo bitwaye irabanza, icyo nabikoreye igaheruka”.

Ni umugani wumvikanisha gushoberwa no kwicuza.

Kuva muri Nyakanga, 2022, ibikorwa  bya Polisi byo kurwanya ibiyobyabwenge byafatiwemo abantu 237 mu Karere ka Nyarugenge.

Ubushinjacyaha buvuga ko abantu 230 muri bo bagejejwe mu nkiko kandi ko 55,4%  byabo bose ni urubyiruko.

TAGGED:AbabyeyiAbanyeshuriAmatagekofeaturedIbiyobyabwengeMunyamboNyarugengePolisiUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sudani Yirukanye Uhagarariye UN
Next Article Ingabo Z’u Rwanda N’Iz’Ubufaransa Zigiye ‘Gukaza’ Imikoranire
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?