Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asanga Iterambere Koreya Yagezeho Mu Gihe Gito N’Abandi Barigeraho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Asanga Iterambere Koreya Yagezeho Mu Gihe Gito N’Abandi Barigeraho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2024 11:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yabwiye bagenzi be bitabiriye inama mpuzamahanga ihuza Afurika na Koreya ko amajyambere Koreya y’Epfo yagezeho mu gihe gito ari igihamya cy’uko n’abandi batera imbere kuri urwo rwego.

Umukuru w’u Rwanda ari muri Koreya mu nama ya mbere iki gihugu kiri  mu bikize kandi bifite ikoranabuhanga kurusha ibindi ku isi kigiye kugirana n’Afurika.

Yabwiye bagenzi be ko ibyo Koreya y’Epfo yakoze mu gihe gito cy’amajyambere yayo ari igihamya kigaragaza ko mu myaka mike igihugu gishobora gutera imbere bikagaragarira bose.

Yagize ati: “ Ibyo Koreya yagezeho ni ikimenyetso cy’uko mu gihe gito ibintu by’agaciro bishobora kugerwaho. Ese ibi ntibiduha umukoro wo kwibaza impamvu Afurika kugeza n’ubu ikiri ahantu higanje ubukene?”

Kagame avuga ko ntarirarenga, ko Afurika ishobora kuzatera imbere kandi ko igomba gushyira imbere guteza imbere urwego rw’uburezi, urw’ubuzima  n’ikoranabuhanga.

Avuga ko nta kidashoboka iyo abantu bakoranye bakarebera hamwe ibibazo bakabikosora kandi umutekano ukaba ishingiro rya byose.

Kugira ngo Afurika igere ku byo ishaka kandi bizarambe, Perezida Kagame avuga ko ari ngombwa ko urubyiruko ruhabwa umwanya ugaragarara mu kugena uko ibihugu by’uyu mugabane bibaho kandi rugahabwa uburyo bwo guhanga imirimo no gutekana.

Inama Perezida Kagame yitabiriye yatangiye kuri uyu wa Kabiri taliki 04, Kamena, ikazarangira taliki 05, uku kwezi.

Ihuje Abakuru b’ibihugu 48 by’Afurika, abahanga mu bubanyi n’amahanga n’abandi bakenewe mu nama nk’iyi.

TAGGED:featuredKagameKoreyaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rushaka Guhora Rwihagije Mu Madevize
Next Article Somalia Igiye Kwirukana Abasirikare Ba Ethiopia Bayibagamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?