Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Umwana W’Imyaka 13 ‘YIYAHUYE’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Umwana W’Imyaka 13 ‘YIYAHUYE’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2023 2:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru aturuka mu Mudugudu wa Nyarusange, mu Kagari ka Taba, Umurenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi haravugwa inkuru y’uko umwana w’imyaka 13 yiyahuye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane taliki 16, Werurwe, 2023 nibwo bamusanze mu giti cy’avoka amanitsemo yapfuye.

Umwe mu baduha amakuru bo muri kariya gace yavuze ko uriya mwana yari umuhungu bahimbaga BEBE akaba yabaga kwa Nyirakuru kuko Nyina yari yarahamubyariye arahamuta arigendera.

Aho kwa Nyirakuru, yabanaga na Nyirarume n’undi mugabo bivugwa ko yari afite intege nke.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Twamenye ko mbere y’uko biriya biba, uriya mwana yabanje gushyamirana na Nyirarume bivugwa ko yamuhozaga ku nkeke.

Nyina w’uriya mwana yashatse mu Kagari jka Gisheshe gaturanye n’ako umwana yiyahuriyemo.

Umwana wiyahuye ntiyigaga.

Umurambo we urashyingurwa kuri uyu wa Gatanu taliki 17, Werurwe, 2023.

Ubwo twabazaga Umunyamabanga nshingwabikorwa  w’Akagari witwa Josiane Nyirarukundo yadusubije ko ntacyo yadusubiza kucyo ari cyo cyose twamubaza kubera ko atemerewe gutanga amakuru.

- Advertisement -

Ngo ‘umuyobozi w’Akarere’ niwe wenyine ubyemerewe.

Hagati aho urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rwaje gufata uriya murambo ujya gusuzumwa.

TAGGED:AvokaIgitiKwiyahuraUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Ikigo Cy’Amashuri Kirashinjwa Kuvunisha Abana
Next Article Polisi Y’u Rwanda Irasaba Abatunze Moto Kuzishyiraho Icyuma Cya GPS
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

Umwami W’Ubwongereza Atinya Ko Canada Izomekwa Kuri Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mu Buyobozi Bw’Intara Harimo Urunturuntu-Tshisekedi

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Igiye Kubakwamo Hoteli Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gakenke: Abaturage Baremeye Abaturanyi Barokotse Jenoside

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?