Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Abahinzi B’Ikawa Bishimira Ko Igiye Gusazurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Karongi: Abahinzi B’Ikawa Bishimira Ko Igiye Gusazurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 August 2024 1:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahinzi b’ikawa bakorera mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bavuga ko bizeye ko gusazura ikawa bizazamura umusaruro wayo.

Babivugiye mu Kagari Ka Kibirizi ahabereye itangizwa ry’ibikorwa byo gusazura ikawa kugira ngo bayizamurire umusaruro ku rwego rw’igihugu.

Barengayabo Theodomir wo muri aka Kagari avuga ko ikawa ibafatiye runini kuko abayihinga bayikuremo amafaranga ku isizeni yeze.

Ati: “Ikawa ituma tubona amafaranga ku mwero wayo. Dukora uko dushoboye ikawa yacu ikera neza mu gihe tugize amahirwe ikera itamunzwe n’ibyonnyi”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu muturage avuka kandi ko ikibazo bakunze guhura nacyo ari uko ubutaka bw’aho batuye bwashaje bigatuma ibiti byayo bidakura neza.

Ikawa kandi ikunze guhura n’ibyonnyi biyitera indwara.

Izo ndwara zirimo iyitwa Akaribata ituma ibitumbye byayo bizaho ibidomo by’umukara, bigahombana byatinda bikanabora.

Iyo ndwara ikunze kugaragara mu gihe cy’imvura.

Indwara yitwa Gikongoro nayo ikunze kwibasira ikawa ikagaragazwa ni uko igiti kinyunyuka bitewe no kubura intungagihingwa.

- Advertisement -

Kurwanya indwara ya Gikongoro bikorwa binyuze mu gutera kawa mu butaka bwiza.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza hanze ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi NAEB kivuga ko hegitari 42 ari zo zizakorerwaho isazura kawa.

Gusazura ikawa bikorwa hagati y’imyaka irindwi n’imyaka 10.

Mu kubikora habamo no gukuraho ibisambo ni ukuvuga ibishibu bidakenewe.

Buri mwaka, umuhinzi akata amashami ashaje, atacyera, ayumye, arundanye cyangwa yashamitse nabi n’asobekeranye.

Gusazura bituma igiti cya kawa cyongera kuba gito, kigatanga umusaruro kikanihanganira indwara n’ibyonnyi.

Bikorwa mu mpenshyi muri Nyakanga na Kanama kandi mu gihe umuhinzi yareze ibiti bibiri cyangwa bitatu ku gitsinsi, agahitamo igiti cyiza kizamuha umusaruro kikanagaburira ibishibu, ibisigaye akabitema ahereye kuri santimetero eshanu kugeza ku 10 uvuye aho cyashibukiye.

Nyuma y’amazi ane, igihe ibishibu bifite sentimetero 50 z’uburebure, umuhinzi ahitamo ibishibu bine bitegeranye, hanyuma ugakuraho ibindi bishibu byose na cya giti cyasigaye.

Gusimbuza ikawa ishaje bikorwa nyuma y’imyaka 30 itewe.

Abahanga bavuga ko Igiti kigomba kurandurwa hagaterwa kawa nshya.

Umurima yakuwerno kawa wongera gusibizwamo nyuma y’imyaka itatu.

Claude Bizimana uyobora Ikigo cy’igihugu gishinzwe kohereza hanze ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, yavuze ko gusazura ikawa bigamije kuzayongerera ubwiza n’umusaruro.

U Rwanda rusanganywe ingamba zo kweza ikawa ihinze ku buso bugari, ikozwa neza kugira ngo izagere ku isoko mpuzamahanga icyeye cyane.

TAGGED:featuredIkawaIkigoKarongi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwakiriye Ibikoresho By’Ubuvuzi Bifite Agaciro Ka Miliyoni $ 3.3
Next Article Ngirente Yongeye Kugirwa Minisitiri W’Intebe 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?